Imikino ya APR FC na Pyramids yo mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League yigijwe inyuma, umukino ubanza ushyirwa tariki ya 28 Nzeri, uwo kwishyura ushyirwa tariki ya 4 Ukwakira 2025.
Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 15 Kanama 2025, ni bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yashyize hanze itangazo rivuga ko imikino yayo mpuzamahanga yahinduriwe amatariki.
Byari biteganyijwe ko imikino ibanza izakinwa kuva tariki ya 19 kugeza tariki ya 21 Nzeri 2025, mu gihe iyo kwishyura izaba nyuma y’icyumweru kimwe hagati ya tariki ya 26 na 28 Nzeri 2025.
Bigendanye n’ayo matariki, mu Rwanda hazaba hari kubera Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025, Stade Amahoro izaberamo uyu mukino ndetse n’imihanda iyegereye ikaba ari bimwe mu bizakoreshwa.
Mu itangazo APR FC yashyize hanze yavuze ko “Umukino ubanza wa CAF Champions League uteganyijwe tariki ya 28 Nzeri, naho uwo kwishyura ube tariki ya 4 Ukwakira.”
APR FC ntabwo yatangaje ikibuga izakiniraho, iti “Mu gihe gito abakunzi bacu bazamenyeshwa ikibuga kizakinirwaho umukino tuzakira mu rugo.”
APR FC ikomeje kwitegura umwaka w’imikino wa 2025/25 urimo umukino wa Pyramids, aho iteganya gukina na Power Dynamos yo muri Zambia mu mukino wa gicuti.
Amatariki y’umukino wa APR FC na Pyramids yahindutse
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *