Umukino wa Bundesliga wahagaritswe kubera abafana bakubise ikintu umusifuzi
Yanditswe: Saturday 19, Mar 2022
Umukino wa VFL BOCHUM na Borussia Monchengladbach wahagaritswe nyuma y’aho umusifuzi wo ku ruhande akubiswe icupa ry’inzoga mu mutwe n’abafana.
Gladbach yari iyoboye n’ibitego 2-0 ubwo uyu mukino wahagarikwaga n’uru rugomo rw’abafana.
Ariko hafashwe icyemezo cyo guhagarika umukino kuko umutekano w’abasifuzi udashobora kwizerwa.
Uyu musifuzi yahise agwa hasi nyuma yo gukubitwa iryo cupa atangira gukanda umutwe, bigaragara ko yari afite ububabare.
Abakinnyi ba Bochum, barakaye bajya (…)
Umukino wa VFL BOCHUM na Borussia Monchengladbach wahagaritswe nyuma y’aho umusifuzi wo ku ruhande akubiswe icupa ry’inzoga mu mutwe n’abafana.
Gladbach yari iyoboye n’ibitego 2-0 ubwo uyu mukino wahagarikwaga n’uru rugomo rw’abafana.
Ariko hafashwe icyemezo cyo guhagarika umukino kuko umutekano w’abasifuzi udashobora kwizerwa.
Uyu musifuzi yahise agwa hasi nyuma yo gukubitwa iryo cupa atangira gukanda umutwe, bigaragara ko yari afite ububabare.
Abakinnyi ba Bochum, barakaye bajya mu gice cy’abafana babo batangira kwamagana ibikorwa byabo.
Umunyezamu Manuel Riemann yarakajwe n’iki kibazo,atunga urutoki ku mutwe avuga ko uwakoze ibyo ari umusazi kuba yateye inzoga umusifuzi.
Urubuga rwa Twitter rwa Bochum rw’Icyongereza,yashyize ahagaragara itangazo rigira riti: "Guhagarikwa k’umukino.
Umufana w’injiji yajugunye ikintu mu kibuga gikubita umusifuzi wo ku ruhande. Umukino wahagaze. Imyitwarire y’ubujiji kandi idafite ishingiro, nta mwanya ifite kuri stade!
..... Twizere ko umusifuzi wo ku ruhande umeze neza."
Bwari ubwa mbere Bochum yemerewe abafana 25.000 kuri stade kuva Covid yagera mu Budage.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *