Umunya-Eritrea Biniam Girmay yabaye umunyafurika wa mbere wegukanye agace muri Tour de France
Yanditswe: Monday 01, Jul 2024
Mu gutambika [sprint], umunya Eritrea Girmay Biniam(Intermarché-Wanty) yegukanye agace ka 3 ka Tour de France 2024,aba umunya Afurika wa mbere utsinze muri iri rushanwa rikomeye kurusha andi yose ku isi mu gusiganwa ku magare.
Nyuma yo gukoresha amasaha 5 iminota 26 n’amasegonda 48,Biniam Girmay yegukanye aka gace kavaga Piacenza gasoreza i Turin.
Uyu munyafrika wakoze aya mateka yavuze ko kuva kera byari inzozi ze gukina Tour de France ariko kuyitsindamo ari ibyishimo birenze.
Ati: "Kuva natangira gusiganwa ku magare, nahoraga nifuza kuzakina muri Tour de France - ariko ubu, sinshobora kubyumva, gutsinda muri Tour de France mu mwaka wa kabiri mu gikundi cya benshi, kuri njye ntibisanzwe.
"Ndashaka gushimira umuryango wanjye, umugore wanjye, Abanya Eritereya bose, ndetse n’Abanyafurika, tugomba kwishima, ubu rwose tubarizwa mu marushanwa manini, ubu ni igihe cyacu, igihe cyacu. Ndashaka kubashimira abo mu ikipe yanjye bose, kubera ko tutari twagatsinda [muri Tour de France] Ariko ubu nigihe cyacu, Ndanezerewe cyane . ”
Uyu yabigezeho atsinze Fernando Gaviria wa Movistar wabaye uwa kabiri mu gihe Arnaud De Lie wa Lotto-Dstny yabaye uwa gatatu.
Umwenda w’umuhondo kugeza kuri aka gace ka gatatu ka Tour de France ufitwe n’umunya Ecuador,Richard Carapaz wa EF Education-EasyPost.
Biniam Girmay wegukanye umudali wa silver muri shampiyona y’isi y’amagare mu batarengeje imyaka 23 mu 2021,yabaye umunya-Eritrea wa mbere wegukanye agace mu isiganwa rya Giro d’Italia na Tour de France.
Uyu munya-Eritrea kandi, yabaye umwirabura wa mbere wo muri Afurika wegukanye agace mu masiganwa akomeye ku is azwi nka "Grand Tours" arimo amasiganwa nka Tour de France, Giro d’Italia na La Vuelta yo muri Espagne.
Amateka ya Girmay yatangiye mu 2022 ubwo yegukanye agace ka 10 ka Giro d’Italia kavaga ahitwa Pescara berekeza Jesi kari gafite intera ya kilometero 196, aho yakoreshej amasaha 4, iminota 32 n’amasegonda 7.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *