skol

Umunyabigwi mu mupira w’amaguru Sir Bobby Charlton yatabarutse

Yanditswe: Saturday 21, Oct 2023

featured-image

Umunyabigwi mu mupira w’Amaguru Sir Bobby Charlton, wakiniye Manchester United n’ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza yitabye Imana ku myaka 86.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Ukwakira 2023, ni bwo hirya no hino ku isi hamenyekanye iyi nkuru y’akababaro y’uko uyu mugabo wafatwaga nk’icyitegererezo muri ruhago, yamaze gushiramo umwuka.

Umuryango ni wo wasohoye itangazo rigaragaza ko nyuma y’amateka ndetse n’igikundiro yari afite yamaze gupfa gusa usaba buri wese kubaha no gusigasira umutekano wawo mu bihe urimo bitoroshye.

Wagize uti “Ni akababaro kenshi cyane ko gutanga amakuru y’uko Sir Bobby yamaze kuruhukira mu mahoro mu masaha yo kuri uyu wa Gatandatu. Yari kumwe n’umuryango we. Umuryango urashima buri wese wamufashije muri ubu buzima. Turasaba kandi kubaha umuryango muri ibi bihe.”

Man United yagize it "Umwe mu bakinnyi babaye beza, bakomeye kandi bari bafite igikundiro kuri miliyoni nyinshi zikunda Manchester United. Usibye na Manchester, Sir Bobby yari intwari ya buri wese mu Bwongereza no ku Isi hose.”

Sir Bobby yari amaze iminsi atagaragara mu ruhame nyuma yo gufatwa n’indwara ya Dementia mu 2020 nyuma y’iminsi mike mukuru we Jack Charlton na we yitabye Imana afite imyaka 85.

Charlton yakiniye Manchester United mu myaka yo hambere ndetse ayibera n’umunyabigwi kuko yayitsindiye ibitego 249 mu mikino 758 yayikiniye. Ari kumwe na yo yayifashije kwegukana European Cup mu 1968 n’ibikombe bitatu bya Shampiyona hagati ya 1956 na 1973.

Sir Bobby Charlton ntazava mu mitwe y’Abongereza bakunda ruhago kuko yari mu ikipe yabahaye Igikombe cy’Isi kimwe rukumbi bafite cyo mu 1966 cyabereye mu Bwongereza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa