Umunyafurika y’Epfo yegukanye agace ka gatanu ka Tour du Rwanda 2023
Yanditswe: Thursday 23, Feb 2023
Umunya-Afurika y’Epfo Ormiston Callum ukinira Ikipe y’Igihugu yegukanye Etape ya Gatanu akoresheje amasaha ane, iminota 59 n’amasegonda 51. Umwambaro w’umuhondo ufatwa na Lecerf William Junior.
Iri siganwa mpuzamahanga ry’amagare riri kuba ku nshuro ya 15, ryakomeje ku munsi waryo wa gatanu ahari gukinwa Etape yahagurukiye i Rusizi yerekeza i Rubavu ku ntera y’ibilometero 195,5.
Iri rushanwa ry’uyu munsi ryayobowe na Chris Froome igihe kinini ariko agira ikibazo cy’igare rye ryagize (…)
Umunya-Afurika y’Epfo Ormiston Callum ukinira Ikipe y’Igihugu yegukanye Etape ya Gatanu akoresheje amasaha ane, iminota 59 n’amasegonda 51. Umwambaro w’umuhondo ufatwa na Lecerf William Junior.
Iri siganwa mpuzamahanga ry’amagare riri kuba ku nshuro ya 15, ryakomeje ku munsi waryo wa gatanu ahari gukinwa Etape yahagurukiye i Rusizi yerekeza i Rubavu ku ntera y’ibilometero 195,5.
Iri rushanwa ry’uyu munsi ryayobowe na Chris Froome igihe kinini ariko agira ikibazo cy’igare rye ryagize ikibazo kabiri baramufata.
Mbere y’uyu munsi yari ku mwanya wa 21 ku rutonde rusange asigwa 1’08’’ na Thomas Bonnet ariko ntiyahiriwe.
Chris Froome nta siganwa aratwara kuva mu 2018 ubwo aheruka gutwara Giro d’Italia muri uwo mwaka.
Nyuma y’agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2023, umubiligi William Junior Lecerf w’imyaka 20, niwe wambaye umwenda w’umuhondo.
Umunyarwanda uza hafi ni Muhoza Eric uri ku mwanya wa Karindwi, arushwa amasegonda 11" n’uwa Mbere.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *