Bonnie MUGABE, umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yatangaje ko ishyirahamwe ayoboye ritazihanganira abakoresha amarozi, abapfumu n’abarya ruswa mu mupira w’amaguru mu Rwanda, avuga ko atazatezuka ku mugambi we wo kuzamura urwego rw’umupira w’amaguru mu Rwanda.
Yavuze kandi ko amakipe abiri yo muri Sudan yagaragaye muri Champiyona y’U Rwanda uyu mwaka afite byinshi yigishije amakipe yo mu Rwanda, anagaragaza icyizere ko ayo makipe azongera gukinira mu Rwanda umwaka w’imikino utaha.
Yavuze kandi ko amakipe yo hanze harimo Arsenal, PSG, Atletico Madrid, na Bayern Muniche yagize uruhare mu guteza imbere ruhago y’U Rwanda binyuze mubufatanye na Visit Rwanda.
Ku bindi kurikira “The Context”, Podcast ya The New Times aho Bonnie MUGABE yagiranye ikiganiro na James MUNYANEZA
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *