Umuzamu w’umunya Tanzania Ramadhani Kabwili yareze Rayon Sports FC muri FIFA, yanzura ko iyi kipe itazemererwa kwandikisha abakinnyi itarishyura Bwana Kabwili.
Umunyezamu Ramadhan Kabwili yatanze ikirego muri FIFA arega Rayon Sports kutubahiriza ibyo bari basinyanye.
Akayabo kasaga gato Frw 4,000,000 arimo imishahara n’ubukererwe bwayo, nibyo iyi kipe yishyuzwa.
Mu masezerano y’umwaka w’imikino wa 2022/23 yari yasinye muri Rayon Sports, Kabwili yamaze amezi atarenze 5, akina imikino mike cyane.
Umunyezamu Ramadhan Kabwili yageze muri Rayon Sports avuye muri Yanga SC yo muri Tanzania. Yabengutswe na Murera hashingiwe ku bunararibonye yakuye mu Gikombe cya Afurika cy’Abatarengeje imyaka 17 ndetse n’imikino ya CAF Confederation Cup yagaragayemo ari kumwe na Young Aficans.
Ramadhan Kabwili wari waguzwe na Rayon Sports nk’umunyezamu wa kabiri kuri Adolphe yari yasinyanye na yo amasezerano y’umwaka umwe ariko batandukana muri Mata 2023.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *