Umunyezamu wa Lazio, Ivan Provedel yatsinze igitego ku munota wa nyuma afasha ikipe ye kunganya na Atletico Madrid mu mukino wa mbere wo mu matsinda ya Champions League.
Uyu mutaliyani yakoze ibitangaza mu masegonda ya nyuma ubwo bari batsinzwe igitego hanyuma arazamuka ajya gushaka amahirwe kuri koloneri yabonetse ku munota wa nyuma.
Ikipe ya Atletico Madrid yari yizeye kubona amanota 3 ariko ku munota wa 95 ari nawo wa nyuma w’umukino uyu munyezamu aza gufatanya na bagenzi be kuyishyura ari nabwo kuri koloneri yatewe abakinnyi ba Atletico Madrid birwanyeho,umupira usanga Luis Alberto wahise awukata neza mu rubuga rw’amahina usanga Provedel yinjiye neza awushyira mu rushundura.
Uyu abaye umunyezamu wa kabiri mu mateka ya Champions League utsinze igitego mu mukino nyuma y’uwa Standard Liege, Sinan Bolat,wabikoze bakishyura AZ Alkmaar mu Ukuboza 2021.
Abafana ntabwo bari kumva ibi bitangaza Provedel yakoze ariyo mpamvu amashusho ye ari gukwirakwira cyane.
Uko imikino ya UEFA champions league 2023-2024 yakinwe kuri uyu wa kabiri yarangiye
Group E
Feyenoord 2-0 Celtic
Lazio 1-1 Atletico Madrid
Group F
Ac Milan 0-0 Newcastle United
Paris Saint-Germain 2-0 Borussia Dortmund
Group G
Young Boys 1-3 RB Leipzig
Manchester City 3-1 FK Crvena Zvezda
Group H
FC Barcelona 5-0 Royal Antwerp
Shakhtar Donetsk 1-3 FC Porto
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *