Umurusiya wa Kiyovu Sports yakoze imyitozo ya nyuma yitegura Espoir FC [AMAFOTO]
Yanditswe: Wednesday 07, Sep 2022
Vladislav Kormishin, umurusiya wa mbere ugiye gukina muri Shampiyona y’u Rwanda, ni umwe mu bitezwe kuri uyu wa Gatatu ubwo Kiyovu Sports yamuguze iraba yakiriye Espoir FC ku munsi kabiri wa Shampiyona.
Uyu Murusiya yakoze imyitozo na bagenzi be ndetse amafoto yagiye hanze yamugaragaje yishimye aho byitezwe ko yiyereka abafana uyu munsi.
Uyu Kormishin w’imyaka 27,yageze mu Rwanda ku wa 02 Nzeri 2022 ndetse yakoze imyitozo mu ikipe igisigaye n’ukwigaragaza.
Uyu aje gusimbura umunya (…)
Vladislav Kormishin, umurusiya wa mbere ugiye gukina muri Shampiyona y’u Rwanda, ni umwe mu bitezwe kuri uyu wa Gatatu ubwo Kiyovu Sports yamuguze iraba yakiriye Espoir FC ku munsi kabiri wa Shampiyona.
Uyu Murusiya yakoze imyitozo na bagenzi be ndetse amafoto yagiye hanze yamugaragaje yishimye aho byitezwe ko yiyereka abafana uyu munsi.
Uyu Kormishin w’imyaka 27,yageze mu Rwanda ku wa 02 Nzeri 2022 ndetse yakoze imyitozo mu ikipe igisigaye n’ukwigaragaza.
Uyu aje gusimbura umunya Uganda Emmanuel Okwi wanze kongera amasezerano nubwo yahawe akayabo na Perezida Juvenal.
Uyu Murusiya yavuye mu ikipe ya FK Armavir y’iwabo,aje gufasha Kiyovu Sports gutwara igikombe cya shampiyona nyuma yo kugihusha umwaka ushize.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *