skol
fortebet

Umusifuzi watutse Liverpool na Jürgen Kloop yahagaritswe burundu

Yanditswe: Tuesday 10, Dec 2024

featured-image

Sponsored Ad

Ishyirahamwe ry’Abasifuzi muri Shampiyona y’u Bwongereza (PGMOL), ryahagaritse burundu umusifuzi David Coote nyuma yo kugaragara mu mashusho yibasira ikipe ya Liverpool ndetse na Jürgen Klopp wahoze ari umutoza wayo.

Sponsored Ad

Amushusho yagiye hanze bivugwa ko ari ayo mu 2020, agaragaza uyu musifuzi avuga ko atishimiye uko Klopp yakiraga ibyemezo byafatwaga ndetse akamuvugisha amukankamira cyane, na we ahitamo kuvuga ko Liverpool ari “umwanda”.

Ishyirahamwe ry’abasifuzi mu Bwongereza ryakoze iperereza kuri ibi bikorwa bigayitse, rihita rimuhanisha guhagarika burundu amasezerano y’akazi yari afitanye na ryo.

Ryagize riti "Ibikorwa bya David Coote byagaragaye ko ari amakosa akabije, bityo amasezerano ye y’akazi asheshwe. Tuzakomeza kumushyigikira mu bindi.”

Coote ufite uburenganzira bwo kujuririra icyemezo cyamufatiwe, bivugwa ko atajya imbizi na Liverpool kuko asanzwe ari umufana wa Nottingham Forest bityo akaba ataranasifuraga imikino yayo.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa