Ikipe ya Sofapaka FC yo muri Kenya yirukanye Umurundi Haringingo Francis wayitozaga,nyuma yo kuyigeramo avuye muri Rayon Sports.
Haringingo, wegukanye Igikombe cy’Amahoro ari kumwe na Rayon Sports umwaka ushize, yari amaze gutoza iyi Kipe yo muri Kenya imikino itanu ya Shampiyona atarabona intsinzi kuko yanganyije umwe, atsindwa ine.
Sofapaka iri ku mwanya wa nyuma n’inota rimwe gusa ikaba ifite umwenda w’ibitego bitanu muri Shampiyona iyobowe na Posta Rangers n’amanota 13.
Sofapaka yashinzwe mu 2004, ikaba yambara umweru n’ubururu.Mu mwaka ushize w’imikino ikaba yarabaye iya 10 ku rutonde rwa shampiyona.
Haringingo Francis ufite amateka mu Rwanda, kuva 2017 kugera 2019, yari umutoza wa Mukura victory Sports, ayivamo ajya muri Police FC, yavuyemo mu 2021 ajya muri Kiyovu Sports, ayimaramo umwaka umwe ahita yerekeza muri Rayon Sports.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *