Umutoza Nshimiyimana yatandukanye na Bugesera FC itari imeze neza
Yanditswe: Tuesday 14, Nov 2023
Binyuze mu bwumvikane bw’impande zombi, Bugesera FC na Eric Nshimiyimana wari umutoza wayo basheshe amasezerano kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Ugushyingo 2023.
Eric Nshimiyimana wari umaze amezi 10 n’iminsi 18 atoza Bugesera,yasabwe n’ubuyobozi ko baganira bagasesa amasezerano cyane ko ikipe itari imeze neza.
Eric Nshimiyimana winjiye muri Bugesera FC mu mwaka ushize w’imikino, ntabwo yagize intangiriro nziza za shampiyona ya 2023-24 aho ubu iyi kipe ari yo iri ku mwanya wa 13 n’amanota 9 mu mikino 10 (yatsinzemo 2 anganya 3 atsindwa 5).
Mu cyumweru gishize ni bwo habaye inama ya Komite Nyobozi ya Bugesera FC yiga ku gituma ikipe ikomeje kubura amanota no kuhazaza h’umutoza Eric Nshimiyimana.
Icyo gihe, iyi komite yatekereje uko yakwicarana na Eric Nshimiyimana bagasesa amasezerano,aribyo byabaye uyu munsi.
Bugesera FC ishobora gusimbuza Nshimiyimana,umutoza Haringingo Francis wayemereye ko nta kibazo afite cyo kuba yayitoza.
Nshimiyimana abaye umutoza wa 5 usize ikipe muri iyi shampiyona ya 2023/2024 nyuma ya:
Muhire Hassan - Sunrise
Nshimiyinana Maurice - ...
Koukoulas - Kiyovu Sports
Zelfani - Rayon Sports
Imikino izakinwa shampiyona nigaruka:
Bugesera v Marines
Etincelles v Rayon Sports
Amagaju v Police
APR FC v AS Kigali
Sunrise v Kiyovu Sports
26/11
Gasogi United v Musanze FC
Mukura VS v Muhazi United
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *