Umutoza Ole Gunner Solskjaer yatangaje ko yinginze United ngo isinyishe abakinnyi batanu bakomeye mbere yuko atakaza akazi ko kuyitoza ariko birangira ibyanze.
Umutoza Solskjaer yirukanwe nyuma yo gutsindwa na Watford ibitego 4-1 mu Gushyingo 2021, aho batangiye shampiyona batsindwa imikino itanu mu mikino irindwi ibanza.
Mu kiganiro na The Athletic, Solskjaer yavuze ku bintu byose bitagenze neza mu gihe yatozaga United, birimo amayeri yo gukina, gusinyisha abakinnyi ndetse na ba nyir’ikipe.
Igice kimwe yumva ko atashyigikiwe uko bikwiriye kwari ukuzana abakinnyi bakomeye.
Solskjaer yavuze ko yerekanye abakinnyi benshi bafite ubushobozi ariko United inanirwa kubagura.
Avuga ko United "itashoboye" gusinyisha abo bakinnyi bakiri bato.Yagize ati: "Erling Haaland, mbere yuko atangira gukinira Salzburg.
"Declan Rice, utari kugura nkayo yaguze mu mpeshyi.
Twaganiriye kuri Moises Caicedo, ariko twumvaga dukeneye abakinnyi biteguye cyane.
Brighton ni nziza cyane mu kureka abakinnyi bakaza baturutse mu mahanga hanyuma bakaba beza cyne nyuma y’ umwaka n’igice.
Muri United, ntabwo uba ufite ubwo buryo bwo kugura kandi byayitwaye abakinnyi benshi beza.
Yasobanuye kandi uburyo yasabye ubuyobozi bwa United gusinyisha Jude Bellingham, agira ati: "Twifuzaga Jude Bellingham cyane - ni umukinnyi wa Man United, ariko ndubaha ko yahisemo Dortmund. Birashoboka ko byari byumvikana.
"Ariko niyo mpamvu nubaha Aaron Wan-Bissaka,Dan James na Jadon [Sancho].
"Abakinnyi bato bari biteguye kuza mu ikipe itari imeze neza 100 ku ijana nk’uko byari bimeze igihe nahageraga."
Uyu mutoza yavuze ko iyo aza kuba agitoza United yari gusinyisha Harry Kane mu mpeshyi,byanze bikunze.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *