Umutoza wa Man United,Erik Ten Hag yatumye abakinnyi be bababara bucece ubwo yabategekaga guceceka bageze mu rwambariro ngo bumve uko mukeba wabo yishimira kubatsinda ibitego 3-0.
Uyu mutoza wa Manchester United yari afite umujinya mwinshi nyuma yo gutsindwa na Man City ibitego 3-0 ku kibuga cye,ariko yababajwe nuko abakinnyi be bitwaye mu gice cya kabiri. m
Ku cyumweru, ubwo abakinnyi bagarukaga mu rwambariro rwa Old Trafford,umutoza Ten Hag yabategetse kwicara bacecetse bakumva ukuntu abakinnyi ba Manchester City bishimira kubatsinda.
Yashakaga kandi ko bumva ukuntu abafana ba City baririmbaga intwari zabo nyuma yo gutsinda United.
Uyu muholandi yari yateguye guha abakinnyi be umunsi w’ikiruhuko kuri uyu wa mbere iyo baramuka batsinze City ariko bahise bagaruka mu myitozo.
Ku rundi ruhande ngo abakinnyi ba Man United batangiye kunenga uko uyu mutoza abapanga mu kibuga aho bamwe bamushinja kubatsindisha.
Bamwe mu bakinnyi ba United ngo ntibatinye kunenga uyu mutoza wabo nyuma yo gutsindwa na City ibitego 3-0.
Bamwe bavuze ko batumva ukuntu yafashe Victor Lindelof usanzwe ukina mu mutima w’ubwugarizi akamushyira inyuma ku ruhande rw’ibumoso kandi afite Sergio Reguilon wahakina neza.
Aba bakinnyi kandi ngo bibajije ukuntu Bruno Fernandes yakinnye aca ku mpande kandi akina neza iyo ari inyuma ya rutahizamu bigatuma Antony yicara.
Aba bakinnyi ngo bashinja Ten Hag kwinjiza mu kibuga Mason Mount mbere y’uko igice cya kabiri gitangira asimbuye Sofyan Amrabat ariko akananirwa kugira icyo ahindura mu mukino
Antony yongeye kwirengagizwa ubwo Alejandro Garnacho yasimburaga Rasmus Hojlund ku munota wa 73,we ntahite yinjira.
Bamwe mu bakinnyi ba United ngo ntibishimiye umutoza Ten Hag bishobora kumushyira mu mazi abira.
Ten Hag amaze gutsindwa imikino 5 atsinda indi 5 ariko benshi mu banyamakuru babogamira kuri United bavuga ko iyi kipe iri hasi cyane ndetse nta nicyo umutoza abikoraho.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *