skol

Umutoza wa APR FC ntiyemera imisifurire yatumye anganya na Kiyovu sport

Yanditswe: Thursday 11, May 2023

featured-image

Nyuma y’umukino waranzwe n’amahane menshi, APR FC yanganyijemo na Kiyovu Sports igitego 1-1, Umutoza w’Ikipe y’Ingabo, Ben Moussa yatangaje ko uyu mwaka ikipe ye iri kurenganywa n’abasifuzi cyane.

APR FC yanganyije na Kiyovu Sports igitego 1-1, mu mukino ubanza wa ½ cy’Igikombe cy’Amahoro, wabereye kuri Stade ya Bugesera, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Gicurasi 2023.

Ikipe y’Ingabo yatsindiwe na Kwitonda Alain Bacca mu gihe Urucaca rwishyuriwe na Mugiraneza Frodouard.

Nyuma y’uyu mukino, Ben Moussa mu kiganiro n’itangazamakuru, yagarutse ku gitego cya kabiri cyatsinzwe na Kwitonda Alain ku munota wa 90, umusifuzi w’igitambaro akavuga ko hari habayeho kurarira, agaragaza ko icyemezo cyafashwe kitari gikwiye.

Abajijwe niba ikipe ye iri kurenganywa cyane n’abasifuzi, Ben Moussa yavuze ko uyu mwaka abasifuzi bari kugenda kuri APR FC cyane.

Muri uyu mukino, APR FC yatakarijemo abakinnyi babiri ari bo Ruboneka Jean Bosco n’umunyezamu Ishimwe Pierre bagize imvune.

Umutoza Ben Moussa yavuze ko yugarijwe n’imvune cyane ariko atekereza ko ziri guterwa n’imikino myinshi abakinnyi bari gukina muri iyi minsi.
Yakomeje avuga ko abakinnyi be bagowe n’imikino myinshi bari gukina mu gihe gito.

Umukino wo kwishyura hagati ya Kiyovu Sports na APR FC uteganyijwe ku Cyumweru, tariki 14 Gicurasi 2023, saa Cyenda kuri Kigali Pelé Stadium.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa