skol

Umutoza wa Chelsea yahishuye akaga arimo kubera kunengwa bikomeye n’abafana

Yanditswe: Friday 24, Feb 2023

featured-image

Umutoza Graham Potter wa Chelsea yatangaje ko ubuzima bwo mu mutwe bw’umuryango we bwahungabanye kubera kunengwa cyane n’abafana b’iyi kipe itagitanga umusaruro bikwiriye.
Ikipe ya Chelsea imaze gutsinda imikino ibiri muri 14 iheruka gukina mu marushanwa yose,iheruka gutsindwa igitego 1-0 n’ikipe irwaye ya Southampton ku kibuga Stamford Bridge,kuwa Gatandatu.
Ubu iri ku mwanya wa 10 aho irushwa amanota 11 n’ikipe iri ku mwanya wa 4 wemerera ikipe gukina Champions League.
Uyu mutoza (…)

Umutoza Graham Potter wa Chelsea yatangaje ko ubuzima bwo mu mutwe bw’umuryango we bwahungabanye kubera kunengwa cyane n’abafana b’iyi kipe itagitanga umusaruro bikwiriye.

Ikipe ya Chelsea imaze gutsinda imikino ibiri muri 14 iheruka gukina mu marushanwa yose,iheruka gutsindwa igitego 1-0 n’ikipe irwaye ya Southampton ku kibuga Stamford Bridge,kuwa Gatandatu.

Ubu iri ku mwanya wa 10 aho irushwa amanota 11 n’ikipe iri ku mwanya wa 4 wemerera ikipe gukina Champions League.

Uyu mutoza yabwiye abanyamakuru uyu munsi ati "Kubera uko umusaruro umeze,wemera kunengwa.Ibi bigomba kubaho.Birakwiye.Umwuka hano wahoze ari mwiza ndetse wuzuye kubahana.

Ibi ntabwo wabivuga ariko biroroshye.Umuryango urababaye,ubuzima bwo mu mutwe burazahara,biragoye ku muntu ku giti cye kuko nta muntu uba ubyitayeho.Ubu niko bimeze."

Kuva Potter yaba umutoza wa Chelsea asimbuye Thomas Tuchel muri Nzeri umwaka ushize,Chelsea yatsinze imikino icyenda gusa muri 25.

Icyakora uyu mutoza wahoze abica bigacika muri Brighton ashyigikiwe na nyiri ikipe Todd Boehly n’ubuyobozi bw’ikipe gusa nubwo umusaruro ari mubi bikabije.

Aba bagaragaje ko bahaye akazi uyu mutoza biri muri gahunda yo kubaka umushinga w’igihe kirekire ariyo mpamvu batahita bamwirukana.

Potter yagize ati "Navuganye nabo[ubuyobozi bwe].N’ibisanzwe nkuko byahoze.Haracyari ubufasha.

Barabona aho turi kandi nabo barababaye kubera ko umusaruro ungana n’aho turi kandi tugomba gukora neza.

Uyu yavuze ko abafana bakwiriye kurakara kubera uko ikipe yitwaye ku mukino wa Southampton.

Ati "Abafana bita ku bintu,iyo bababaye batuma amarangamutima yabo amenyekana kandi turabyemera.Nta kintu nakimwe navuga cyahumuriza abafana igihe bari kuturwanya.Igisubizo nuko ugomba gutsinda imikino."

Chelsea iracyari mu mazi abira kuko ku Cyumweru izasura Tottenham muri Shampiyona.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa