skol

Umuvandimwe wa Pogba yafunguwe ahita ahabwa gasopo ikomeye

Yanditswe: Saturday 24, Dec 2022

featured-image

Mukuru wa Paul Pogba witwa Mathias waherukaga kumwibasira no kumusebya mu binyamakuru yarekuwe muri gereza nyuma yo gufatwa ashinjwa kiwba uyu bavukana wahoze akinira Manchester United.
Uyu mugabo w’imyaka 32 yari afunzwe by’agateganyo kuva muri Nzeri gusa yarekuwe asabwa kutazongera kwegera murumuna we,Paul.
Ikinyamakuru Le Parisien cyavuze ko Mathias yarekuwe mbere y’uko umuhagarariye nawe yabyemereye BFMTV ko umukiriya we yafunguwe.
Biravugwa ko mu byo yategetswe mbere yo kurekurwa (…)

Mukuru wa Paul Pogba witwa Mathias waherukaga kumwibasira no kumusebya mu binyamakuru yarekuwe muri gereza nyuma yo gufatwa ashinjwa kiwba uyu bavukana wahoze akinira Manchester United.

Uyu mugabo w’imyaka 32 yari afunzwe by’agateganyo kuva muri Nzeri gusa yarekuwe asabwa kutazongera kwegera murumuna we,Paul.

Ikinyamakuru Le Parisien cyavuze ko Mathias yarekuwe mbere y’uko umuhagarariye nawe yabyemereye BFMTV ko umukiriya we yafunguwe.

Biravugwa ko mu byo yategetswe mbere yo kurekurwa ari ukutazongera kubonana na Paul ndetse na nyina.

Ntabwo yemerewe kuva mu Bufaransa cyangwa gukoresha imbuga nkoranyambaga izo arizo zose.

Mathias, wakiniye amakipe nka Crawley Town, Wrexham na Crewe,yari yasabwe kurekurwa muri Nzeri bamutera utwatsi.

Uyu yari umwe mu bantu bakorwagaho iperereza nyuma y’aho Paul Pogba atangarije muri Kanama ko yatezwe n’abagizi ba nabi bamutera ubwoba ndetse bamusaba kubaha miliyoni 11 z’amapawundi.

Yavuze ko barimo uyu mukuru we waje kubihakana akavuga ko arengana.

Uyu ngo agiye kubaho uwumwe muri umwe mu mitungo y’umuryango we I Paris.

Mathias yasohoye amavidewo asebya Paul Pogba aho yamushinje kujya mu bapfumu kuroga Kylian Mbappe ndetse no gutaba ibirozi ku kibuga Old Trafford n’ibindi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa