Umukobwa wa Cristiano Ronaldo witwa Alana Martina yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’amafoto yagiye hanze amugaragaza yambaye umwenda wa Liverpool.
Icyateje impaka mu bakunzi ba ruhago n’ukuntu uyu mwana w’umunyabigwi wa Manchester United yagaragaye yambaye umupira wa mukeba wayo Liverpool batajya bacana uwaka.
Abafana ba United ntibishimiye iyi foto kuko nta mukunzi w’iyi kipe wakwambara umwambaro wa Liverpool.
Ronaldo yatsinze ibitego 145 mu mikino 346 yakiniye ikipe ya (…)
Umukobwa wa Cristiano Ronaldo witwa Alana Martina yateje impaka ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’amafoto yagiye hanze amugaragaza yambaye umwenda wa Liverpool.
Icyateje impaka mu bakunzi ba ruhago n’ukuntu uyu mwana w’umunyabigwi wa Manchester United yagaragaye yambaye umupira wa mukeba wayo Liverpool batajya bacana uwaka.
Abafana ba United ntibishimiye iyi foto kuko nta mukunzi w’iyi kipe wakwambara umwambaro wa Liverpool.
Ronaldo yatsinze ibitego 145 mu mikino 346 yakiniye ikipe ya Manchester United yose hamwe.
Icyakora yatandukanye n’iyi kipe nabi mu mwaka ushize nyuma yo gukora ikiganiro n’umunyamakuru Piers Morgan asebya abayobozi n’umutoza w’ikipe.
Nyuma y’umwaka umwe,umukobwa we Alana Martina yagaragaye yambaye umupira wa Liverpool mukeba wa mbere wa United mu Bwongereza.
Iyi foto yafashwe n’umukunzi wa Ronaldo,Georgina Rodriquez wari kumwe n’aba bana mu biruhuko.
Iyi foto yayishyize kuri Instagram ye aho abana be babiri barimo bakorerwa umusatsi aho bari basohokeye.
Uyu mupira Alana yari yambaye wanditseho izina rya Mohamed Salah ndetse na nimero yambara mu ikipe ya Liverpool.
Undi mwana wa Ronaldo yari yambaye umupira wa Real Madrid se yakiniye akayandikamo amateka akomeye.
Umwe mu bafana yanditse kuri iyi foto ngo "N’abana be bazi umukinnyi mwiza w’ibihe byose."
Undi yanditse ngo "Umunyabigwi amenya undi."
Ibitekerezo byakomeje gutangwa benshi bavuga ko Ronaldo nawe yemera Mohamed Salah.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *