skol

Umwe mu bakinnyi ba Chelsea yibasiye bikomeye Frank Lampard wamutoje

Yanditswe: Saturday 24, Apr 2021

Nyuma y’amezi make umutoza Frank Lampard yirukanwe muri Chelsea,bamwe mu bakinnyi yatozaga batangiye kumwibasira aho uwitwa Jorginho yavuze ko atari ku rwego rwo gutoza ikipe ikomeye nka Chelsea imaze kubaka amateka I Burayi.
Uyu mukinnyi Jorginho wongeye kuzuka ku kibuga Stamford Bridge ndetse akaba ari guhabwa umwanya uhagije na Thomas Tuchel mu mwanya wa N’golo Kante,yavuze ko Frank Lampard nta bunararibonye yari afite bwo gutoza Chelsea.
Yagize ati “Ndatekereza ko yahawe akazi kubera (…)

Nyuma y’amezi make umutoza Frank Lampard yirukanwe muri Chelsea,bamwe mu bakinnyi yatozaga batangiye kumwibasira aho uwitwa Jorginho yavuze ko atari ku rwego rwo gutoza ikipe ikomeye nka Chelsea imaze kubaka amateka I Burayi.

Uyu mukinnyi Jorginho wongeye kuzuka ku kibuga Stamford Bridge ndetse akaba ari guhabwa umwanya uhagije na Thomas Tuchel mu mwanya wa N’golo Kante,yavuze ko Frank Lampard nta bunararibonye yari afite bwo gutoza Chelsea.

Yagize ati “Ndatekereza ko yahawe akazi kubera ko ari umunyabigwi w’ikipe ariko yasimbutse intambwe z’ingenzi zo kwiga kugira ngo atoze ikipe nkuru.

Yaje mu ikipe yabayemo umunyabigwi atabanje guca mu zindi kipe ntoya.Ndatekereza ko yaje kare,yirengagije izindi ntambwe ariko ntabwo yari yiteguye gukora akazi ko kuri uru rwego mvugishije ukuri.

Jorginho ari mu bakinnyi bakuze bimwe amahirwe yo gukina n’umutoza Frank Lampard ubwo yatozaga Chelsea mu gihe kingana n’umwaka urenga.

Lampard yirukanwe mu mpera z’ukwezi kwa mbere ubwo yari amaze gutsinda umukino umwe mu mikino 5.

Lampard yasimbuwe na Tuchel wahise utangira guha umwanya abakinnyi Lampard yari yararetse barimo Jorginho, Antonio Rudiger, Marcos Alonso,Kai Havertz na Timo Werner batakinaga neza.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa