Urukiko rwemereye FC Barcelona na Real Madrid gushinga Super Ligue
Yanditswe: Thursday 21, Dec 2023
Urukiko rw’Ubutabera rw’Uburayi rwemeje ko amategeko ya UEFA na FIFA abuza amakipe kwitegurira amarushanwa yayo bwite arimo na European Super League anyuranye n’amategeko.
Uru rukiko rwavuze ko kubuza amakipe n’abakinnyi gukina ayo marushanwa, bitemewe.
Kuri uyu wa kane, urukiko rukuru rw’Uburayi rwemeje ko UEFA kuba yagenzura umupira w’uburayi wenyine binyuranyije n’amategeko agenga amarushanwa mu bihugu bigize ubumwe bw’Uburayi.
Ibi byatumye umushinga wa Super League uhabwa ijambo.
Super League hamwe n’abayishyigikiye barimo A22 Sports, bavuze ko kuba UEFA yaritambitse iri rushanwa ryari rigiye gutangira [ryatangajwe bwa mbere muri Mata 2021] igakangisha ibihano amakipe yagombaga kuryitabira binyuranye n’amategeko y’Uburayi yerekeye ubwisanzure mu marushanwa.
Mu myaka mike ishize,Real Madrid na FC Barcelona zashinze iyi Super League zishyiramo andi makipe y’ibigugu yo mu mashampiyona atanu akomeye birangira UEFA ibyamaganye cyane.
Andi makipe yose yikuye muri iri rushanwa ariko aya abiri agumamo ndetse ahita atanga ikirego, none byarangiye atsinze.
Ikipe ya Barcelona na Real Madrid zizabona Miliyari 1 y’amayero iri rushanwa nirikunda kuko aribo batangije umushinga wa Super League.
Ubu amakipe ubu uburenganzira bwo gutegura amarushanwa yabo, batabiherewe uburenganzira na FIFA, CAF, UEFA n’andi mashyirahamwe.
Umushinga wa Super League,uzaba ufite imbaraga nyinshi n’amafaranga kurusha UEFA Champion League.
Umuyobozi mukuru wa Super League, Bernd Reichart,yagize ati: "Twatsindiye uburenganzira bwo guhatana.Kwikubira isoko kwa UEFA kwrarangiye. Umupira w’amaguru urabohowe. Ubu amakipe ntazongera guhura n’iterabwoba n’ibihano.Afite umudendezo wo kwihitiramo ejo hazaza."
Amakipe 60 yo mu mashampiyona atandukanye niyo azitabira Super League aho buri kipe izajya ikina imikino 14 mu mwaka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *