Uwari umukozi wa APR FC aravugwaho kuba ashaka kuyijyana mu nkiko
Yanditswe: Wednesday 03, Jan 2024
Masabo Michel wahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa APR FC ashobora kuyirega kumwirukana binyuranyije n’amategeko.
Radio Flash yavuze ko hari amakuru ifite avuga ko uyu mugabo yatangiye kwegera abanyamategeko ngo bamufashe gukora ikirego.
Mu Ugushyingo 2023 nibwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yasezeye uwari Umunyamabanga wayo, Masabo Michel, wari umaze imyaka itatu n’amezi 11 muri izo nshingano.
Tariki 8 Mutarama 2021 nibwo APR FC yerekanye ku mugaragaro Masabo Michel nk’Umunyamabanga mushya icyo gihe wari usimbuye Lt (Rtd) Col Sylvestre Sekaramba.
Uyu yafashije APR FC kwegukana ibikombe bitatu bya Shampiyona no guca agahigo k’imikino 50 idatsindwa muri shampiyona.
Ikindi azibukirwaho ni uko mu gihe yari muri izi nshingano ari bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yavuye kuri politiki yo gukinisha abanyarwanda gusa isubira ku yo gukinisha abanyamahanga yaherukaga mu 2012.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *