
Umutoza wa Bayern Munich Vicent Kompany yavuze ku ikipe ye, ibyahindutse nyuma y’uko ayigezemo, ndetse asobanura uko akazi kameze muri iyi kipe ikomeye.
Ni nyuma y’umukino wabahuje na Dinamo Zagreb muri UEFA Champions League, aho bayinyagiye ibitego 9-1.
Nyuma y’uyu mukino umutoza Vicent Kompany yasubije abibaza niba akazi ka Bayern kaba kamurusha imbaraga.
Yagize ati” akazi ka Bayern niko kazi koroshye gukora, nakunze gukorana n’aba bakinnyi , nagerageje kuzamura urwego rw’ikipe byumwihariko abakinnyi kigiti cyabo.”
Yakomeje agira ati” Nyuma yo kuvukira i Buruseli , Papa wanjye yari impunzi yavuye muri Congo , nagize amahirwe yo gukina umupira muri Premier League, mbona ibihembo nk’umukinnyi, nkinira ikipe y’Igihugu, ni ibintu byari bidasanzwe, none ubu ndi umutoza.”
Vicent Kompany yageze muri Bayern Munich 2023, aho mu mwaka we wa mbere yabaye uwa kabiri inyuma ya Bayern Liverkusen.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *