skol

Volleyball: Police na Kepler zatangiye neza imikino ya kamarampaka (Amafoto)

Yanditswe: Sunday 15, Mar 2026

featured-image

Police VC yatsinze GisagarVC amaseti 3-1, naho REG VC itsinda Kepler VC amaseti 3-2, mu mikino ya mbere mu ya kamarampaka muri Shampiyona ya Volleyball.

Iyi mikino yatangiye ku wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2026, ibera muri Petit Stade i Remera.

Nk’uko amategeko y’Ishyirahamwe rya Volleyball mu Rwanda (FRVB) abiteganya, ikipe yabaye iya mbere mu mwaka w’imikino, ihura n’iyabaye iya kane, iya kabiri igahura n’iyabaye iya gatatu.

Bityo amakipe yose agatanguranwa imikino itanu, aho ikipe ibashije gutsinda indi imikino itatu ihita yerekeza ku mukino wa nyuma.

Umukino wabimburiye indi mu cyiciro cy’abagore wahuje APR WVC yatsinze Rwanda Revenue Authority amaseti 3-0 (25-17, 25-18, 25-23); ni na ko byagenze Police WVC itsinda Kepler WVC amaseti 3-0 (25-23, 30-28, 25-24).

Nyuma y’iyi mikino rwahise rwambikana mu bagabo hagati ya Police VC na Gisagara VC, aho ikipe ya Polisi y’Igihugu yahise yinjira mu mukino neza yegukana iseti ya mbere ku manota 27-25.

Iyi kipe yakomerejeho yegukana iseti ya kabiri ku manota 25-19, iya gatatu yegukanywe na Gisagara 28-26 , mu gihe iya kane yatwawe na Police VC itsinze 25-16.

Umukino wa nyuma wahuje Kepler VC na REG VC.

Kepler VC ni yo yatangiye neza umukino ndetse yegukana iseti ya mbere ku manota 25-21. REG VC yasubiranye imbaraga mu iseti ya kabiri ndetse iyegukana ku manota 25-14, iya gatatu yegukanywe na Kepler VC ku manota 25-23.

Iya iseti ya kane yagombaga guhita iyihesha intsinzi ya mbere ntiyakunze kuko REG VC yayegukanye ku manota 25-21.

Amakipe yombi yahise anganya amaseti abiri ku yandi bityo hashyirwaho iya kamarampaka.

REG VC yitwaye neza iyitsinda ku manota 15 kuri 13 bityo itsinda umukino ku maseti 3-2, ihita yegukana intsinzi ya mbere mu mikino ya kamarampaka yo guhatanira igikombe cya Shampiyona.

Biteganyijwe ko iyi mikino izakomeza ku wa Kabiri, tariki 17 Werurwe 2026.

Police VC yatangiye neza itsinda Gisagara VC amaseti 3-1

Abakunzi b’umukino wa Volleyball bari benshi muri Petit Stade

APR VC yatsinze RRA amaseti 3-0

Gisubizo Merci agerageza gutera ikilo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa