Ikipe ya Watford yakoze ibyo benshi batatekerezaga ihagarika umuvuduko wa Liverpool yari yarabaye mpatsamakipe aho yari imaze imikino 44 muri shampiyo itaratsindwa na rimwe.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo iyi kipe y’ubukombe yari yasuye Watford ku kibuga cyayo Vicarage Road ariko yahahuriye n’uruva gusenya kuko yahatsindiwe ibitego 3-0 byose byinjiye mu gice cya kabiri cy’umukino.
Mbere y’uyu mukino, benshi bahaga amahirwe Liverpool kuko mu mikino iheruka gukina na Watford yatsinzemo 7 inganya umwe ndetse no kuba yari igiye guhura n’ikipe iri mu makipe amanuka.Watford yagaragaje ko iby’umupira bibarwa nyuma y’iminota 90 inyagira iki kigugu ibitego 3-0.
Liverpool yaherukaga gutsindwa muri Premier eague muri Mutarama 2019 na Manchester City ibitego 2-1 ariyo mpamvu yari imaze imikino 44 idatsindwa.
Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye Liverpool iteye mu izamu inshuro imwe ibintu byari bibaye ku nshuro ya kabiri gusa mu mikino 172 Jurgen Klopp yatoje muri Premier League.Byaherukaga muri 2017 bahura na Chelsea.
Watford yafunguye amazamu ku munota wa 54 ku gitego cyatsinzwe n’Umunya Senegal, Ismaila Sarr ku mupira mwiza yahawe na Abdoulaye Doucoure.
Ku munota wa 60 uyu munya Senegal yatsinze igitego cya kabiri ku mupira mwiza yahawe na Troy Deeney bituma Liverpool iva mu mukino burundu.
Watford yanze kuva ku izima itsinda igitego cya 3 ku munota wa 72 ibifashijwemo naTroy Deeney ku mupira mwiza yahawe na Ismaila Sarr.
Ismaila Sarr yaje guhusha igitego cyabazwe nyuma y’iki gitego cya 3 bimubuza amahirwe yo gutaha umupira wo gutsinda ibitego 3 mu mukino.Gutsinda uyu mukino byafashije Watford kuva mu makipe 3 amanuka nubwo iganya na Bournemouth ya 18 amanota 27.
Nubwo Liverpool yatsinzwe ifite amahirwe menshi cyane yo gutwara Premier League y’uyu mwaka kuko ifite amanota 79 mu gihe Manchester City iyikurikiye ifite 57.
Liverpool yananiwe gukuraho agahigo ka Arsenal yamaze imikino 49 idatsindwa, isigaje gukuraho aka Manchester City ko kurenza amanota 100 muri Premier League.Liverpool yari imaze imikino 1 yikurikiranya itsinda gusa.





Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *