skol

Yannick Mukunzi yongeye kugira imvune izamumaza ibyumweru 3 hanze y’ikibuga

Yanditswe: Thursday 18, May 2023

featured-image

Umukinnyi w’ikipe ya Sandvikens IF Yannick Mukunzi uyikinira ku mwanya wo hagati mu kibuga ,azamara byibura ibyumweru 3 adakandagira mu kibuga kubera imvune

Uyu mukinnyi w’ikipe y’Igihugu Amavubi ni bwo yarakigaruka muri champiyona nyuma y’indi mvune ikomeye yari yagize mu ivi ikamumaza hafi umwaka adakina n’ubwo ikipe ye ivuga ko yari yatangiye kwitwara neza.

Mukunzi yitabiriye imyitozo yo kuri uyu wa kabiri,ari naho yaje kuva mu kibuga atayirangije kubera ububabare bw’ahagana mu itako yayigiriyemo nk’uko ikipe ye ibivuga.

Kuri uyu wa gatatu, uyu musore wimyaka 27, ntiyitabiriye umukino ikipe ye yanganyije mo na Taby igitego 1-1 ku munsi wa 8 wa shampiyona ya Ettan League, umukino mugenzi we Lague Byiringiro uherutse kwerekezayo yagaragaye ku rutonde rw’abasimbura n’ubwo atakininnye.

Mukunzi yashoboraga kongera gusubira mu kibuga ubwo ikipe ye izaba ihura na Pitea mu mukino wa champiyona uteganijwe kuya 4 z’ukwezi gutaha

Uyu mukinnyi wahoze akinira Rayon Sports akaba n’umukinnyi wo hagati wa APR , amaze gukinira ikipe ye ya Sandvikens imikino itandatu muri shampiyona , byanayishyize ku mwanya wa gatatu ku rutonde rwa champiyona ya Ettan Norra League kuri ubu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa