skol
fortebet

Zidane yongeye kwanga akazi keza yahawe

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Sunday 08, Jan 2023

Zidane yongeye kwanga akazi keza yahawe

Sponsored Ad

skol

Umutoza Zinedine Zidane yanze akazi ko gutoza ikipe y’igihugu ya USA mu bagabo nyuma yo guhusha ako gutoza Ubufaransa kubera ko Didier Deschamps yongerewe amasezerano.
Ikinyamakuru (L’Equipe cyavuze ko Zinedine Zidane wahoze atoza Real Madrid yanze ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo gutoza ikipe y’igihugu.
Iki kinyamakuru kivuga ko Zidane usanzwe uzwiho guheza inguni cyane adashaka gutoza ikindi gihugu kitari Ubufaransa.
Iki kinyamakuru kivuga ko uyu mugabo ukomoka muri (…)

Umutoza Zinedine Zidane yanze akazi ko gutoza ikipe y’igihugu ya USA mu bagabo nyuma yo guhusha ako gutoza Ubufaransa kubera ko Didier Deschamps yongerewe amasezerano.

Ikinyamakuru (L’Equipe cyavuze ko Zinedine Zidane wahoze atoza Real Madrid yanze ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwo gutoza ikipe y’igihugu.

Iki kinyamakuru kivuga ko Zidane usanzwe uzwiho guheza inguni cyane adashaka gutoza ikindi gihugu kitari Ubufaransa.

Iki kinyamakuru kivuga ko uyu mugabo ukomoka muri Algeria yanze kandi akazi ko gutoza Brazil na Portugal.

Akazi ko gutoza USA kari ku isoko nyuma y’aho Gregg Berhalter wayitozaga asoje amasezerano mu mpera z’umwaka ushize ntiyongererwe andi.

Icyakora uyu yari yavuze ko ashaka gukomeza gutoza Amerika ariko nta kintu arabwirwa ku bijyanye no kumuha andi masezerano.

Zidane yari yiteguye gutoza Ubufaransa muri 2026 ariko kuri uyu wa Gatandatu FFF yatangaje ko Deschamps akomeza akazi.

Ku rundi ruhande,Roberto Martinez wari umaze imyaka 6 atoza Ububiligi mbere y’uko asezera nyuma y’igikombe cy’isi cya 2022, yahawe akazi ko gutoza Portugal.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa