skol
fortebet

Zinedine Zidane yemejwe nk’umutoza mushya w’u Bufaransa

author-image

Yanditswe na: Angeline MUKANGENZI
Kuwa: Tuesday 28, Jul 2026

Zinedine Zidane yemejwe nk'umutoza mushya w'u Bufaransa

Sponsored Ad

skol

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bufaransa (FFF), ryemeje Zinedine Zidane nk’umutoza mushya w’ikipe y’igihugu, Les Bleus, asimbura Didier Deschamps wari umaze igihe kinini atoza iyi kipe.

Zidane ufatwa nk’umwe mu bakinnyi b’ibihe byose b’Abafaransa, agiye gutangira urundi rugendo mu mwuga we nyuma y’imyaka myinshi izina rye rivugwa nk’irizahabwa izi nshingano.

Uyu mugabo w’imyaka 54 azwi cyane mu Bufaransa kubera uruhare yagize mu kwegukana Igikombe cy’Isi cyo mu 1998 ndetse na Euro 2000.

Yabaye kandi Kapiteni w’u Bufaransa, atsinda ibitego bibiri ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 1998, ubwo batsindaga Brésil ibitego 3-0. Mu 1998 ni na bwo yegukanye Ballon d’Or, igihembo gihabwa umukinnyi wahize abandi ku Isi.

Mu butoza, Zidane yubatse izina rikomeye muri Real Madrid, aho yayifashije kwegukana UEFA Champions League inshuro eshatu zikurikiranya hagati ya 2016 na 2018. Yanatwaye La Liga inshuro ebyiri n’ibindi bikombe bitandukanye, mbere yo gutandukana n’iyi kipe mu 2021.

Guhabwa Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa ni inshingano Zidane yari amaze igihe agaragaza ko yifuza. Azasimbura Deschamps wari umaze imyaka 14 ku ntebe y’ubutoza, akayobora Les Bleus mu bihe byiza birimo kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2018 no kugera ku mukino wa nyuma w’irya 2022.

Zidane yitezweho gukomeza kubaka ikipe ishingiye ku bakinnyi bakiri bato kandi bafite impano, ariko ikanagumana ubushobozi bwo guhatanira ibikombe bikomeye. Azaba kandi asabwa guhuza abakinnyi bamaze kubaka izina n’abakizamuka, kugira ngo u Bufaransa bukomeze kuba mu bihugu bihora bihabwa amahirwe yo kwegukana amarushanwa akomeye.

Gusa uyu mutoza mushya azaba afite igitutu cyo gukomeza umurage wa Deschamps, ariko amateka ye nk’umukinnyi n’umutoza atuma Abafaransa benshi bamufitiye icyizere.

Umukino wa mbere wa Zinedine Zidane uzaba ari uwo Ikipe y’u Bufaransa izahuramo na Turikiya mu mikino ya UEFA Nations League, uteganyijwe ku wa 25 Nzeri.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa