skol
fortebet

Zlatan Ibrahimovic yatanze igisubizo gitangaje ubwo yasabwaga guhitamo hagati yo gutsinda igitego no gutera akabariro

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Tuesday 03, Oct 2023

Zlatan Ibrahimovic yatanze igisubizo gitangaje ubwo yasabwaga guhitamo hagati yo gutsinda igitego no gutera akabariro

Sponsored Ad

skol

Uwahoze ari rutahizamu ukomeye mu mupira w’amaguru,Zlatan Ibrahimovic yabwiye
umunyamakuru Piers Morgan ko gutsinda igitego bitaryoha kurusha gukora imibonano mpuzabitsina.

Uyu mugabo wigeze gukinira Manchester United,yongeyeho ko umuntu wese "utekereza ukundi afite ikibazo."

Muri iki kiganiro yagiranye na Piers Morgan kizajya hanze cyose mu mpera z’iki cyumweru, uyu mugabo wakiniye amakipe arimo AC Milan,yavuze ko nta kiruta gukora imibonano mpuzabitsina nubwo yamenyekanye nka rutahizamu.

Ibrahimovic wujuje imyaka 42 uyu munsi,yatsinze ibitego 573 bidasanzwe mu buzima bwe, mu bihugu birindwi yanyuzemo.

Ariko nta na kimwemwe muri byo ngo cyaruta umunezero agirira mu cyumba cye iyo ari gutera akabariro.

Muri iki kiganiro, Piers yamubajije ati: "Iyo utsinze igitego, biryoha kurusha imibonano mpuzabitsina?"

Ibrahimovic yahise asubiza ati: "Imibonano mpuzabitsina ni myiza cyane. Umuntu wese utekereza ukundi afite ikibazo mu gukora imibonano mpuzabitsina."

Ariko ntabwo abakinnyi bose bahoze bakina umupira w’amaguru bemeranya n’uyu munya Suwede -kuko Gary Lineker nawe wahoze ari rutahizamu we yavuze ko yahitamo gutsinda igitego.

Muri 2020, ari mu kiganiro Match of the day, Lineker w’imyaka 62, yashimangiye ko nta kintu cyiza nko gutsinda igitego.

Yagize ati"Ntekereza ko twese twemeranya rwose ko gutsinda igitego ari byiza cyane.

"Muri rusange,buri wese ashobora gukora imibonano mpuzabitsina, ariko ntabwo abantu bose bashobora gutsinda igitego cy’ingenzi mu mukino ukomeye."

Ibrahimovic yahagaritse gukina umupira mu mwaka w’imikino ushize, nyuma y’imyaka 24 abikora nk’uwabigize umwuga.

Yitwaye neza muri Manchester United, Ajax, Juventus, Inter Milan, PSG, Barcelona, ​​LA Galaxy na AC Milan.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa