skol
fortebet

Diamond Platnumz yahishuye ikizungerezi amaze imyaka 9 yirukaho bari mu rukundo [AMAFOTO]

Yanditswe: Monday 14, Jun 2021

Sponsored Ad

Umuhanzi Diamond Platnumz uzwiho gukunda abagore cyane,yamaze kwishumbusha undi mukobwa w’ikizungerezi witwa Andrea Abrahams ukomoka muri Afurika y’Epfo yari amaze imyaka 9 asaba urukundo ariko yaramubereye ibamba.
Hari hamaze iminsi havugwa amakuru ko Diamond ari mu rukundo n’umunyamideri ukomoka muri Africa y’Epfo,ariko ntihaboneke gihamya n’imwe ibyemeza.
Ku nshuro ya mbere,Diamond yemeje ko ari mu rukundo n’iyi inkumi y’uburanga ahishura ko kumureshya byamutwaye imyaka 9.
Yaba Diamond (...)

Sponsored Ad

Umuhanzi Diamond Platnumz uzwiho gukunda abagore cyane,yamaze kwishumbusha undi mukobwa w’ikizungerezi witwa Andrea Abrahams ukomoka muri Afurika y’Epfo yari amaze imyaka 9 asaba urukundo ariko yaramubereye ibamba.

Hari hamaze iminsi havugwa amakuru ko Diamond ari mu rukundo n’umunyamideri ukomoka muri Africa y’Epfo,ariko ntihaboneke gihamya n’imwe ibyemeza.

Ku nshuro ya mbere,Diamond yemeje ko ari mu rukundo n’iyi inkumi y’uburanga ahishura ko kumureshya byamutwaye imyaka 9.

Yaba Diamond n’iyi nkumi nta wari wakagize icyo avuga kuri aya makuru y’urukundo rwabo kugeza ubwo Diamond yatunguranye kuri Radio ye Wasafi FM yemeza ko yamaze kwigarurira uyu mukobwa.

Mu kiganiro kuri radio ye, Diamond yagize ati ”Ni umuntu mwiza, mwiza cyane. Azi kubana neza n’umuryango wanjye kandi nta buryarya”.

Diamond yavuze ko yatangiye kwiyumvamo uyu mukobwa muri 2013 yabiyibwira igakomeza kwijijisha ariko ikaza kumwemerera urukundo umwaka ushize wa 2020.

Andrea Abrahams ni umunyamiderikazi ukomeye muri Africa y’Epfo wamamaye mu marushanwa y’ubwiza. Yegukanye ikamba rya Miss 7 Continents 2016 ryabereye muri Turkey.





Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa