skol
fortebet

Eddy Kenzo ntiyishimiye uko barutishijwe Daimond Platnumz

Yanditswe: Tuesday 27, May 2025

featured-image

Sponsored Ad

Eddy Kenzo yagaragaje ko atishimiye ibyo abahanzi bo muri Uganda bakorewe mu gitaramo cya Coffee Marathon giherutse kubera i Ntungamo, aho umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnumz yakiriwe nk’umwami abandi.

Sponsored Ad

Ako gahinda katumye uyu muhanzi wo muri Uganda atitabira ikiganiro n’itangazamakuru cyabereye i Ntungamo mbere y’igitaramo ku wa Gatandatu tariki 24 Gicurasi 2025, cyitabiriwe na Bebe Cool, The Ben, Truth256 ndetse na Diamond Platinumz.

Aganira na Big Eye, Kenzo yagaragaje akababaro yatewe n’uburyo abahanzi b’imbere mu gihugu bafashwe n’abateguye iki gitaramo.

Yagize ati: “Ntushobora kumbwira ko mwakodesheje indege yihariye (private jet) ndetse na kajugugu (helicopter) ku muhanzi watumiwe (Diamond na The Ben) hanyuma abandi tukagerekwa. Natwe turi abantu, ntabwo twarebera gusa abandi bahabwa ibyo byubahiro byose, cyane cyane mu gihugu cyacu ngo twicecekere.”

Bivugwa ko Diamond Platinumz yageze muri Uganda mu ndege yihariye, nyuma akajyanwa mu kiganiro n’itangazamakuru i Ntungamo, akoresheje kajugugu, ubwo yari kumwe na The Ben.

Kenzo yavuze ko ibyo ari ubwiyemezi bukabije no gusuzugura abahanzi b‘imbere mu gihugu.

Yongeyeho ati: “Simvuze ibi kubera ishyari, ariko natwe tugomba guhabwa agaciro mu bitaramo nk’ibi, kuko niba nta gaciro mfite, sinari gutumirwa ngo nzaririmbe.”

Aya magambo ya Kenzo yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, atangiza impaka zikomeye hagati y’abafana n’abandi bahanzi ku bijyanye n’uburyo abahanzi bo mu gihugu bafatwa iyo habaye ibitaramo mpuzamahanga ku butaka bwabo.

Bamwe bemeje ko Kenzo afite ukuri, kuko abahanzi b’imbere mu gihugu bagomba guhabwa agaciro gakwiye, mu gihe abandi bavuga ko abahanzi mpuzamahanga bakenera uburyo budasanzwe mu bijyanye no gutembera no kurindwa, cyane cyane kubera izina ryabo n’ubwamamare bafite.

Eddy Kenzo, ni rimwe mu bahanzi bafite izina rikomeye muri Uganda, uretse kuba ari Perezida w’Ishyirahamwe ry’Abahanzi ni n’umujyanama wa Perezida Museveni mu bijyanye no guhanga udushya.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa