"Isaro risusurutsa Umutima wanjye"-Mu magambo yuzuye imitoma Riderman yifurije isabukuru nziza umugore we
Yanditswe: Tuesday 26, Oct 2021
Kuwa 16 Kanama 2015 ni umunsi w’amateka atazibagirana kuri Gatsinzi Emery uzwi nka Riderman ndetse n’umugore we Agasaro Nadia dore ko ariwo munsi batangiye urugendo rwo kubana mu nzu nk’Umugore n’Umugabo.
Umunsi w’amateka kuri Riderman n’Umuryango we
Kuwa 26 Ukwakira 2021 imyaka irenze Itandatu babana, n’amagambo yuzuye Imitoma, Riderman kuri uyu munsi yifurije umugore we isabukuru nziza yamavuko yongera kumwibutsa ko ari Isaro risusurutsa umutima we kandi ko ari n’"Isaro nambara nkaberwa bitagombye imyambaro n’indi mirimbo."
Ati"K’umunsi nk’uyu nibwo isaro risurusutsa umutima wanjye ryageze ku isi. Isaro nambara nkaberwa bitagombye imyambaro n’indi mirimbo. Inshuti, umuvandimwe,umufasha, umujyanama, umubyeyi, akaba n’umuntu w’umutima utagira uko usa. Ramba kandi Randa wowe umutima wanjye wambitse ikamba, komeza usangize isi urumuri rwawe.@nadiafaridishmael Turahirwa kukugira. Kagire Imana kandi kagire u Rwanda ❤".
Riderman yateye Imitoma Umugore we ku isabukuru ye y’Amavuko.
Agasaro Nadia Farid Ishmael wigeze no kuba Miss Mount Kenya 2015
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *