skol
fortebet

Israel Mbonyi yateguje ikindi gitaramo gikomeye

Yanditswe: Friday 18, Oct 2024

featured-image

Sponsored Ad

Nk’uko bimaze kumenyerwa mu mpera z’umwaka, Israel Mbonyi uri mu bahanzi bakunzwe mu Karere ka Afurika y’Uburasirazuba, yaciye amarenga yo gutegura ikindi gitaramo gikomeye gishobora kuzaba ku munsi wa Noheli.

Sponsored Ad

Uyu muhanzi yashyize ubutumwa ku rubuga rwa X, aho yanditse agira ati “Ni nde witeguye ‘Icyambu 3?’ Umunsi wizihizwaho Noheli wagarutse nanone.”

Kuva mu 2022 Mbonyi yatangiye gukorera ibitaramo muri BK Arena kuri Noheli. Ni ibitaramo byitabirwa cyane dore ko izo nshuro zose amatike yagurishijwe agashira.

Ntibizwi neza niba n’iki gitaramo kizabera muri BK Arena uyu muhanzi amaze kuzuza kabiri.

Uyu muhanzi agiye gukora iki gitaramo mu gihe amaze iminsi akora ibizenguruka ibihugu bitandukanye bikitabirwa ku rwego ruhambaye. Kuri ubu ni umwe mu bafite indirimbo zikunzwe cyane mu bihugu byiganjemo abumva Igiswayile.

Igikundiro cye unakibonera mu bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, kuko nko kuri Youtube akurikirwa n’abarenga miliyoni.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa