skol
fortebet

Jennifer Lopez na Ben Affleck ntabwo babana mu nzu kandi baheruka gushyingiranwa

Yanditswe: Monday 08, Aug 2022

featured-image

Sponsored Ad

Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri by’ubuzima bw’ubuki, abafana benshi barabaza bati: Umubano wa Jennifer Lopez na Ben Affleck umeze ute nyuma y’ubukwe bwabo? Birasa nk’aho ukomeje gukomera nubwo batandukanye.
Umwe mu bantu ba hafi babo yatangarije Hollywood Life ku ya 5 Kanama 2022, ko bishimiye cyane kubaho batabana mu nzu imwe [batandukanye].
Uwatanze amakuru yagize ati: "Ikintu kimwe gitumye umubano wabo wihariye cyane ni uko bazi kurusha abandi bose ibikenewe mu byo bakora". Mu by’ukuri (...)

Sponsored Ad

Nyuma y’ibyumweru hafi bibiri by’ubuzima bw’ubuki, abafana benshi barabaza bati: Umubano wa Jennifer Lopez na Ben Affleck umeze ute nyuma y’ubukwe bwabo? Birasa nk’aho ukomeje gukomera nubwo batandukanye.

Umwe mu bantu ba hafi babo yatangarije Hollywood Life ku ya 5 Kanama 2022, ko bishimiye cyane kubaho batabana mu nzu imwe [batandukanye].

Uwatanze amakuru yagize ati: "Ikintu kimwe gitumye umubano wabo wihariye cyane ni uko bazi kurusha abandi bose ibikenewe mu byo bakora". Mu by’ukuri bizera ko kumara umwanya batari kumwe bituma bakundana cyane kandi biratunganye kuko iyo batari kumwe, baba binjiza amafaranga menshi cyane.N’ukunguka kuri buri ruhande.

Bahora bavugana,boherezanya ubutumwa bugufi, bavugana kuri Video, ndetse bakanohererezanya amajwi kenshi. Kandi umwanya bamara hagati yabo batari kumwe utuma kongeraguhura kuba umwihariko cyane. JLo akunda kwiyumvamo ko umugabo we azaba ahari kubwe uko byagenda kose. ”

Andi mutangamakuru yatangarije icyo kinyamakuru ko babonana cyane kandi ko bategereza igihe gikwiriye. Ati: "Basobanukiwe neza ko hari igihe bashobora kuba batari kumwe.Ni ikintu bombi bemeye kandi baganiraho igihe kirekire, rero nta gishya gihari. N’ukuri, gutandukana vuba nyuma y’ubukwe bwabo ntabwo ari byiza. Ariko bazi ko bafite ubuzima bwabo bwose imbere yabo kandi bakunda buri munota w’urugendo. ”

Aba bombi bashyingiranwe kuwa 16 Nyakanga uyu mwaka mu birori bikomeye byabereye Las Vegas.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa