Umuraperi Kanye West yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze amashusho agaragaza umugore we, Bianca Censori, ku isabukuru ye y’imyaka 30 ku itariki ya 5 Mutarama yambaye ubusa.
ya mashusho ari mu ibara ry’umukara n’umweru agaragaza Bianca yicaye mu bwogero nta mwambaro yambaye.
Muri ayo mashusho Bianca agaragara ari kwikora mu musatsi we ndetse rimwe na rimwe akajya anyuzamo akazunguza umutwe.
Kanye West yaherekeje ayo mashusho amagambo agira ati: “Isabukuru nziza rukundo rwanjye.”
Mu yandi mashusho yashyizwe kuri Instagram y’uyu muraperi, Bianca aba ari kubyina mu birori hamwe n’undi mugore bishimangira ibirori by’isabukuru byagaragaye ko byari ibyishimo.
Bianca uri mu rukundo na Kanye West azwiho imyambarire yerekana ibice bye by’ibanga ndetse ntabwo ajya atinya no kuba yabijyana mu ruhamwe rw’abantu benshi.
AMASHUSHO
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *