Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n’umuhungu wa Perezida wa Afurika y’Epfo
Yanditswe: Wednesday 16, Jul 2025
Umushabitsi akaba n’umunyamideri Kate Bashabe aravugwa mu rukundo n’umuherwe akaba n’umuhungu wa Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa witwa Tumelo Ramaphosa.
Ni amakuru yatangajwe na Tumelo Ramaphosa ubwe waciye amarenga y’urukundo rumugurumanamo akunda umunyarwandakazi Kate Bashabe maze bivugisha abatari bake.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nyakanga 2025, ni bwo yasangizaga abamukurikira ifoto ya Kate Bashabe aho bashyira ubutumwa bumara amasaha 24 gusa.
Ni ifoto Kate Bashabe akenyeye umushanana, yaherekeresheje ijambo rigufi ariko rigaragaraza amarangamutima n’umubano wihariye.
Yanditse ati: “Isanzure ryanjye (My Universe)”
Nubwo Kate Bashabe ntacyo yari yarigeze avuga ku mubano we n’uyu musore iby’uko baba bari basanganywe umubano wihariye bigaragazwa n’uko aba bombi buri wese akurikira mugenzi we ku mbuga nkoranyambaga nubwo Kate we akurikira abantu barindwi gusa.
Tumelo Ramaphosa ni umwe mu bana batanu ba Perezida wa Afurika y’Epfo Cyril Ramaphosa akaba ari n’umuherwe ufite kimwe mu bigo bicuruza ifaranga nkoranabuhanga.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *