King James agiye kwizihiriza imyaka 20 mu muziki muri BK Arena
Yanditswe: Sunday 15, Mar 2026
Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James yatangaje ko tariki ya 1 Kanama 2026 ari bwo azakoreraho igitaramo cyo kwizihiza imyaka 20 amaze akora umuziki mu nyubako ya BK Arena.
King James yatangiye umuziki mu 2006 aho yaririmbye izirimo: Naratomboye, Nta mahitamo, Ndakwizera, Yaciye ibintu, Naramukundaga n’izindi zakunzwe n’abatari bake.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 14 Werurwe 2026, ni bwo Ruhumuriza yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze integuza y’icyo gitaramo. Yanditse ati: “Imyaka 20 y’inkuru yanjye, ijoro rimwe ryo kuyizihizanya namwe.”
Ni igitaramo yise ’20 years of King James’ bikaba biteganyijwe ko kizaba tariki 01 Kanama 2026, muri BK Arena.
Ni nyuma y’uko mu 2025, King James yongeye kuzenguruka Igihugu ataramira abakunzi b’umuziki we mu bitaramo bya Iwacu na Muzika Festival.
Mu myaka 20 King James amaze mu muziki, afite Alubum zitandukanye zirimo Umugisha yakoze mu 2010, Umuvandimwe yo mu 2011, Ntibisanzwe ya 2014, Meze Neza mu 2016, Ubushobozi yo mu 2021.
King James kandi yegukanye irushanwa rya “Primus Guma Guma Super Star” mu 2012.
King James aritegura kwizihiza imyaka 20 amaze akora umuziki
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *