skol
fortebet

Nyirakuru wa The Ben na Green P yatabarutse ajyanwe kwa muganga

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Thursday 28, Mar 2024

Nyirakuru wa The Ben na Green P yatabarutse ajyanwe kwa muganga

Sponsored Ad

skol

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane,tariki ya 28 Werurwe, Nyirakuru wa w’abahanzi The Ben na Green P wari utuye mu karere ka Kayonza yitabye Imana ajyanwe kwa muganga.

Mukangarambe Yunia yari umukecuru ukuze ariko ugifite imbaraga nk’uko benshi bo mu muryango we babivugaga.

Umwe mu bo abereye nyirakuru yagize ati “Nyogokuru yatabarutse mu gitondo nka saa kumi n’imwe. Yaguye mu nzira bamujyanye kwa muganga. Yari amaze nk’amezi abiri arwaye ariko ntabwo yigeze aremba yari afite imbaraga!”

Mukangarambe Yunia ni nyirakuru wa The Ben ubyara nyina. Abitabiriye ubukwe bwa The Ben na Pamella bibuka ifoto y’uyu mucyecuru abari hagati bateruye impano bombi bamugeneye.

Hari hashize amezi arindwi aba bahanzi bapfushije se ubabyara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa