Ross Kana, Rumaga na Mbonyi mu bakoze mu nganzo: Indirimbo nshya za Weekend
Yanditswe: Sunday 10, Nov 2024

Nk’uko bisanzwe bigenda mu mpera za buri Cyumweru, IGIHE ibagezaho urutonde rw’indirimbo nshya z’abahanzi barimo abamaze kugera ku rwego rukomeye n’abakizamuka.
Ikigamijwe ni ugutanga umusanzu mu iterambere ry’umuziki no gufasha abadukurikira kuruhuka no kunogerwa n’impera z’icyumweru. Kuri iyi nshuro abahanzi batandukanye bakoze mu nganzo batanga ibihangano bishya.
Nk’uko bisanzwe twabahitiyemo indirimbo nshya z’abahanzi bo hanze y’u Rwanda yaba muri Afurika no hanze yayo bakoze mu nganzo. Ni indirimbo zigaragara ku musozo w’iyi nkuru.
“MAMi” - Ross Kana
Umuririmbyi Ross Kana uri mu bahagaze neza muri iki gihe yashyize hanze indirimbo nshya yise “Mami”; yifashishijemo inkumi y’ikimero ikomoka mu Busuwisi yitwa Tamara Casanova.
Ni indirimbo yasamiwe hejuru n’abakunzi b’umuziki nyarwanda ubwo yageraga hanze ndetse imaze kurebwa n’abasaga ibihumbi 150 mu munsi umwe imaze igiye hanze.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *