skol

Sheebah Karungi yatangije urugamba rwo kugaragaza abagabo bahohotera abagore

Yanditswe: Wednesday 29, Apr 2026

featured-image

Umuhanzikazi wo muri Uganda, Sheebah Karungi, yatangaje ko agiye gutangiza urugamba rwo gushyira ahagaragara abagabo ashinja gukoresha nabi abagore, cyane cyane mu kazi no mu rugendo rwo gushaka akazi.

Ibi yabigarutseho mu gihe ari mu cyiciro gishya cy’ubuzima bwe bwo kuba umubyeyi, avuga ko kuba umubyeyi byamuhaye umwanya wo gutekereza ku mateka ye no kwisuzuma ku byagiye bimuvugwaho mu myaka yashize.

Yavuze ko hari inkuru nyinshi zitari zo zagiye zimwandikwaho, bityo akaba yumva igihe kigeze ngo atangire kuvuga ukuri kwe no kugenzura uburyo inkuru ze zitambuka.

Sheebah yavuze ko imwe mu ntego ze zikomeye ari ugufasha abagore bahura n’ibibazo nk’ibyo yanyuzemo, binyuze mu kubavuganira no kubakangurira kumenya uburenganzira bwabo.

Yibanze cyane ku kamaro ko kwemera, ashimangira ko nta na rimwe umugabo akwiye kwegera umugore mu buryo ubwo ari bwo bwose atabanje kumusaba uburenganzira busobanutse.

Yagize ati: “Abagabo bagomba kumenya ko buri kintu cyose kigomba kubamo ukwemera k’umugore. Nta buryo bwo kubigendamo buhishwe cyangwa kubirengaho.”

Uyu muhanzikazi yavuze ibi mu gihe ari gutegura ‘podcast’ nshya ateganya gutangiza, izibanda ku ngingo ziremereye ariko zifite akamaro kanini mu buzima bwa buri munsi, zirimo ihohoterwa rishingiye ku gitsina, cyane cyane rikorerwa abagore bari gushaka akazi.

Yatanze urugero rugaragaza uko bamwe mu bagabo bafite imyanya y’ubuyobozi bakoresha nabi ububasha bafite.

Yasobanuye ko hari aho umukobwa ajya gusaba akazi yiteguye neza, yambaye mu buryo bwiyubashye kandi afite ibyangombwa byose, ariko aho kuganirizwa ku bushobozi bwe, agahabwa ibitekerezo by’urukundo cyangwa agahamagarwa mu masaha adasanzwe, agatumirwa mu hantu hadakwiye.

Sheebah yavuze ko binyuze muri iyi ‘podcast’, azashyira ahagaragara bene ibi bikorwa, anashishikarize abagore kumenya kubitandukanya no kubyanga.

Yemeza ko hari abagabo benshi batinya ko ibi biganiro byajya ku mugaragaro, kuko byatuma abagore barushaho kumenya ukuri no kutagwa mu mitego y’uburiganya.

Yasoje ashimangira ko igihe kigeze ngo abagore bagire ijwi rikomeye, bavuga ku byo bahura na byo batikanga, ndetse bakirinda abakoresha imyanya bafite mu kubahohotera.

Sheebah yavuze ko kuba umubyeyi byatumye afata icyemezo cyo kuvuganira abagore bahura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, cyane cyane abashaka akazi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa