skol
fortebet

The Ben wavuzwe mu rubanza rwa Fatakumavuta yatangaje ko yamubabariye

Yanditswe: Wednesday 06, Nov 2024

featured-image

Sponsored Ad

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, The Ben yasangije abamukurikira ifoto ya Fatakumavuta ayiherekeresha amagambo agaragaza ko yamubabariye.

Sponsored Ad

Ni amagambo The Ben yatangaje kuri uyu wa 6 Ugushyingo 2024.
Yagize ati “Nahisemo urukundo, nahisemo gutanga imbabazi nubwo amagambo yakomeretsa cyane, ndagusengera ngo ucungurwe kandi ubone n’amahoro.”

The Ben yakomeje agira ati “Ubutabera butangwe ndetse n’impuhwe. Nemera ko twese dushobora gukosa ndetse tukanisubiraho tugahinduka bashya. Fata ndagusengera ngo urekurwe, ndanizera ko urukundo ruzayobora ahazaza hawe harimo amahoro.”

Mu kiganiro yagiranye n’abafana, The Ben yasabwe n’umwe mu bamukurikira witwa Romeo Ntwari gukura ikirego cye mu rubanza rwa Fatakumavuta, undi na we agira ati "Ku makuru naguha, ntabwo nigeze murega."

Umunyamakuru Fatakumavuta amaze iminsi atawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo ibyo yakoreye nka The Ben, Meddy na Bahati.

The Ben yanditse aya magambo mu gihe habura amasaha make ngo Urukiko rufate icyemezo ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Fatakumavuta waburaniye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa