Umuhanzikazi Tyla yishimiye bikomeye guhura n’umuhanzi Wizkid
Yanditswe: Saturday 31, May 2025

Umuhanzikazi Tyla ukomoka muri Afurika yepfo uri mu bagezweho mu ruhando rwa muzika ku isi kuri uyu munsi yishimiye bikomeye guhura n’umuhanzi Wizkid ukomoka mu gihugu cya Nigeria.
Tyla yavuze ko yakuze akunda ibihangano bya Wizkid bityo ko guhura na we ari ikintu yishimiye bikomeye kuko ari umuhanzi afatiraho Urugero.
Tyla na Wizkid bahuriye mu mujyi wa Londres mu gihugu cy’Ubwongereza, bikaba atari inshuro ya mbere bahuye kuko ubwa mbere bahura hari mu 2022 icyo gihe Tyla yari ataragira izina rikomeye mu muziki.
Tyla ni Umuhanzikazi kuri ubu uri mu bagezweho mu ruhando rwa muzika ku isi hose, azwi mu ndirimbo nka : Water, Push to Start, n’izindi nyinshi cyane.
REBA AMASHUSHO UBWO TYLA YAHURAGA NA WIZKID
🚨 Umuhanzikazi Tyla yishimiye bikomeye guhura n'umuhanzi Wizkid yakuze akunda. 🇿🇦🇳🇬
Ibi byamamare byombi byahuriye I Londres mu bwongereza ku munsi wejo, si inshuro ya mbere bahuye kuko bahuye ku nshuro ya mbere mu 2022.#UmuryangoShowbiz#UmuryangoNews pic.twitter.com/lLBOv2jGB3
— Umuryango (@Umuryangonews) May 31, 2025
UMUSOZO!
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *