skol

Abaturarwanda ibihumbi 400 basanzwemo malaria mu mezi atatu ya nyuma ya 2025

Yanditswe: Wednesday 14, Jan 2026

featured-image

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) igaragaza ko abandura malaria biyongereye cyane mu mpera za 2025, ku buryo mu mezi atatu kuva muri Nzeri kugera mu Ugushyingo habonetse abantu 442.678 basanzwemo iyi ndwara.

Imibare y’abarwara malaria yazamutse bitewe n’igihe cy’imvura cyorohereje imyororokere y’imibu, nk’uko The New Times yabyanditse.

Iyi mibare igaragaza ko abantu 114.804 basanzwemo iyi ndwara muri Nzeri 2025, mu Ukwakira baba 165.854 mu gihe mu Ugushyingo bari 162.020.

Umuyobozi Mukuru w’Agashami gashinzwe kurwanya malaria mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr Aimable Mbituyumuremyi ati “Guhera muri Nzeri kugeza muri Mutarama, ubwandu bwa Malaria buba buri ku rwego rwo hejuru kubera imvura.”

Yavuze ko bitabiriye ibikorwa byo gutera umuti wica imibu mu ngo hagati ya Ukwakira na Ukuboza 2025 mu mirenge 28 ikunze kuzahazwa cyane, mu turere twa Gisagara, Nyanza, Bugesera, Kirehe, Rwamagana na Nyagatare hafashwa abaturage 1.031.676 mu kurwanya malaria.

Dr Mbituyumuremyi yavuze ko gahunda izakomeza no muri uyu mwaka, anongeraho ko gutera imiti ihashya imibu mu nzu biteganyijwe hagati ya Gashyantare na Werurwe mu mirenge igeramiwe cyane yo mu turere twa Gasabo, Kicukiro, Nyarugenge, Nyaruguru, Nyamagabe, Muhanga, Gakenke, Musanze, Gicumbi, Rulindo, Nyamasheke, Karongi na Rusizi.

Ibyo bizanajyana no gutanga inzitiramibu, bizakorwa hagati ya Gashyantare na Gicurasi 2025 mu mirenge itageramiwe cyane n’iyi ndwara.

Uretse gutera imiti yica imibu no gutanga inzitiramibu, u Rwanda rwatangiye gutekereza ku mushinga wo gutangiza urukingo rwa malaria muri gahunda y’igihugu yo gukingira.

Icyakora kugeza ubu ibi biganiro biracyari ku rwego rwo hasi kuko nta cyemezo kirafatwa ku bwoko bw’urukingo rwafatwa.

Guhera mu 2025 mu bigo nderabuzima byo mu Rwanda hatangijwe indi miti mishya izwi nka ‘Dihydroartemisinin-Piperaquine (DHAP) na Artesunate-Pyronaridine (ASPY) yunganira iya Coartem mu guhangana n’iyi ndwara.

Raporo y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare ‘NISR’ igaragaza ko abana 572 bishwe na Malaria mu myaka itanu ishize.

Kuva mu 2019 abana bari munsi y’imyaka itanu bishwe na Malaria bari 35, mu 2020 bari 40, mu 2021 bari 15 mu 2022 bari 20 mu 2023 bari 9 n’aho mu 2024 bari 16.

Kuva 2019 abari hejuru y’imyaka itanu bishwe na Malaria bari 145, mu 2020 bari 87, mu 2021 bari 41, mu 2022 bari 57, mu 2023 bari 36, naho 2024 bari 71.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa