Dore ibyagufasha kwegeranya igitsina cyawe nyuma yo kubyara
Yanditswe: Saturday 18, Feb 2023

Nyuma yo kubyara usanga imikaya igize igitsina n’ahagikikije yirekura cyane dore ko haba hagomba kunyura umwana. Uku kwirekura rero hari igihe kumara igihe ndetse bikaba byagendanira ko uramutse utabifatiye hafi.
Gusa abagore bose ntibibabaho kimwe, zimwe mu mpamvu zituma hirekura cyane harimo Uko umwana wabyaye yanganaga cyane cyane umutwe we, Kuba utarakoraga ibikomeza imikaya y’igitsina n’ahayegereye igihe wari utwite, Umwanya wamaze uri gusunika ngo umwana aze, Inshuro ubyaye (buri nshuro ishyiraho akayo, Gusa n’ubwo igitsina cyiregura ni nako gishobora kwegerana.
ibi ni bimwe mu ibintu by’ingenzi byafasha igitsina kongera kwegerana nyuma yo kubyara
1.Gukora siporo
gukora siporo cyane cyane iya Kegel bituma imikaya y’igitsina yongera kwegerana kandi bikaba mu gihe gito.
Byibuze iyi siporo uyikore inshuro eshatu ku munsi kandi buri nshuro ntijye munsi y’iminota 5 waba utwite na nyuma yo kubyara.
ushobora kandi gukora na siporo yo kuzamura amaguru aho uba usabwa gukoresha amaguru kandi agafasha igitsina kongera kwegerana.
2.Kurangiza
Niba hajemo kurangiza ubwo bivuze gukora imibonano mpuzabitsina. Aha harahita haza ikibazo ngo nemerewe gukora imibonano mpuzabitsina ryari nyuma yo kubyara?
Nubwo abantu bateye ku buryo butandukanye ariko inama zitangwa n’impuguke mu kuvura abagore zivuga ko nyuma yo kubyara utabazwe wagategereje byibuze ibyumweru 6 mbere yo kongera gukora imibonano. Iki gihe gishobora kugabanyuka cyangwa kwiyongera bitewe n’imiterere y’umugore, n’uko yiyumvamo gukira.
Iyo ukoze imibonano rero ukarangiza imikaya y’igitsina iriyegeranya bityo uko urangiza kenshi niko bigufasha kwegerana vuba.
3. Amafunguro
Amwe mu mafunguro azwiho gutuma ubasha kwegerana vuba harimo amafunguro afite estrogen y’umwimerere nka sesame, soya n’ibiyikomokaho, karoti na pome. Usabwa kandi kurya imboga n’imbuto bikiri bishyashya, inyama y’iroti itariho ibinure (byaba byiza ukayiteka idakaranze ugahuta umufa wayo).
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *