skol
fortebet

Nyanza:Inkuba yakubise umuturage imusigira ibikomere

author-image

Yanditswe na: ISHIMWE JANE
Kuwa: Friday 17, Mar 2023

Nyanza:Inkuba yakubise umuturage imusigira ibikomere

Sponsored Ad

skol

Mu Karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana, mu kagari ka Kibinja, mu mudugudu wa Rebero inkuba yakubise umuturage imusigira ibikomere.

Iyi nkuba yakubise uyu muturage witwa HITABATUMYE w’imyaka 43 y’amavuko ubwo ubwo hagwagaga imvura ku wa 15 Werurwe 2023 ibikoresho bye birashya gusa ku bw’amahirwe ntiyahasiga ubuzima ariko imusigira ibikomere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Busasamana, Egide Bizimana yahamirije Umuseke dukesha iyi nkuru ko uriya muturage yakomeretse.

Ati “Uriya muturage yari yugamye mu nzu, inkuba iramukubita iramukomeretsa mu mugongo no ku kibero imusanze aho yari aryamye.”

Amakuru yamenyekanye avuga ko inkuba yatwitse ibintu bitandukanye birimo matelas, supernet, telefone, imyenda, amashuka, ikiringiti n’ibindi.

Uwakubiswe n’inkuba yari mu nzu wenyine. Ubu yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kibinja bamuha imiti.

Src:Umuseke

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa