skol

Umugore wa Riyad Mahrez yatangaje benshi kubera ibyo yabwiye polisi baje kumubuza kwica amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Yanditswe: Tuesday 16, Feb 2021

Uwahoze ari umugore wa rutahizamu wa Manchester City,Riyad Mahrez witwa Rita Johal yavuze ko yaciwe amande kubera ko yari ashyushye cyane ndetse ngo yabajije abapolisi bari baje kumubuza gukora ikirori ati “Ese mwebwe ntabwo mukunda gukora ibirori?.”

Hashyizwe hanze amashusho uyu mugore akikijwe n’abapolisi benshi barimo kumuca amande kubera ikirori yakoresheje mu nzu ye I London.

Madamu Rita w’imyaka 28 yari mu kirori ari kumwe n’abantu 6 ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ndetse yashyize kuri Instagram amashusho y’iki kirori.

Ibirori no guhuriza abantu hamwe ntibyemewe mu Bwongereza buri muri Guma mu rugo ariko uyu mugore we yasuzuguye iri tegeko yikoreshereza ikirori.

Mu butumwa yashyize kuri Instagram,Madamu Rita yagize ati “Amande kubera ko umuntu ashyushye cyane.Twese ducibwa amande ntugire ikibazo mukundwa.”

Uyu mugore yagaragaye ari kubwira abapolisi ati “Basore,ubu nibwo buzima koko?Mwebwe se ntabwo mukunda gukora ibirori?.”

Umupolisi umwe w’umugore yamusubije ati “Ariko atari muri Guma mu rugo.”

Madamu Rita yamusubije ati “Ntabwo mukwiriye kwitesha umutwe muri iyi isi,dukwiriye kwishima.”

Abapolisi bahise bamutegeka kwishyura amande kubera ko yishe amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

Umuntu wese ufashwe yishe amabwiriza yo kwirinda Covid-19 acibwa amapawundi 200 iyo ari ubwa mbere,iyo yongeye gufatwa acibwa ibihumbi 6,400 by’amapawundi.

Iyo umuntu yahurije hamwe abantu barenga 30 mu kirori,acibwa amande y’ibihumbi £10,000.

Rita uba mu nzu ya miliyoni 2 I Buckinghamshire mu mujyi wa London, yatandukanye na Riyad Mahrez muri 2019.Bari bafitanye abana 2.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa