skol
fortebet

Uwakoze igishushanyo cy’umutwe wa Muhammad ku mubiri w’imbwa yapfiriye mu mpanuka

Yanditswe: Monday 04, Oct 2021

featured-image

Sponsored Ad

Umuhanga mu gushushanya wo muri Sweden washushanyije umutwe w’Intumwa y’Imana Muhammad uri ku mubiri w’imbwa yapfiriye mu mpanuka yo mu muhanda, nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.
Bivugwa ko Lars Vilks yari mu modoka ya polisi ariko ya gisivili yagonganye n’ikamyo hafi y’umujyi wa Markaryd mu majyepfo ya Sweden.
Abapolisi babiri nabo bapfuye naho uwari utwaye imodoka arakomereka.
Vilks z’imyaka 75, yabagaho arinzwe na polisi nyuma y’uko atewe ubwoba kenshi ko azicwa kubera iyo ’cartoon’.
Iyo (...)

Sponsored Ad

Umuhanga mu gushushanya wo muri Sweden washushanyije umutwe w’Intumwa y’Imana Muhammad uri ku mubiri w’imbwa yapfiriye mu mpanuka yo mu muhanda, nk’uko ibinyamakuru byaho bibivuga.

Bivugwa ko Lars Vilks yari mu modoka ya polisi ariko ya gisivili yagonganye n’ikamyo hafi y’umujyi wa Markaryd mu majyepfo ya Sweden.

Abapolisi babiri nabo bapfuye naho uwari utwaye imodoka arakomereka.

Vilks z’imyaka 75, yabagaho arinzwe na polisi nyuma y’uko atewe ubwoba kenshi ko azicwa kubera iyo ’cartoon’.

Iyo ’cartoon’ yatangajwe mu 2007, yari igitutsi ku Basilamu benshi babona ko yari iyo gusebya Intumwa y’Imana kuri bo.

Muri Islam kirazira gushushanya intumwa y’Imana Muhammad.

Polisi ntiyatangaje imyirondoro y’abaguye muri iyo mpanuka yabaye ku cyumweru, ariko umugore wabanaga na Vilks yemeje urupfu rwe mu kinyamakuru Dagens Nyheter.

Itangazo rya polisi rivuga ko bitaramenyekana neza uko iyo mpanuka yabaye ariko ko nta cyemeza ko hari undi muntu wari ubirimo.

’Cartoon’ ya Vilks yateje umujinya, yatumye uwari Minisitiri w’Intebe Fredrik Reinfeldt ahura n’abahagarariye ibihugu 22 by’Abasilamu muri Sweden mu gushaka guhosha ibintu.

Nyuma gato, al-Qaeda muri Iraq yavuze ko ishyizeho igihembo cya $100,000 (100,000,000Frw) ku muntu wakwica Vilks.

Mu 2015 i Copenhagen, Vilks yari mu kiganiro ku bwisanzure bwo gutanga ibitekerezo cyabayemo kurasa. Yavuze ko ashobora kuba ari we wari ugambiriwe n’icyo gitero, cyiciwemo umuntu utunganya filimi.

BBC

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa