skol
fortebet

Inyoni yagonze indege iyibuza gukomeza urugendo

author-image

Yanditswe na: Nsanzimana Ernest
Kuwa: Saturday 04, Aug 2018

Sponsored Ad

skol

Indege ya sosiyete intwara abagenzi ‘Brussels Arilines’ byayisabye guhita isubira ku kibuga kuri uyu wa 4 Kanama 2018 ubwo inyoni yari imaze kuyigonga nyuma y’ igihe gito ihagurutse ku kibuga cy’ indege cya Buruxelles.

Umuvugizi w’ iyi sosiyete yatangaje ko iyi ndege nyuma yo kugongwa n’ iyi nyoni yangiritse muri moteri.

Iyi ndege yabanje kuzenguruka mu kirere mbere y’ uko igwa kuko bitari biyoroheye guhita yongera kugwa ku kibuga.

Umuvugizi wa Brussels Airlines yavuze ko bibaho kenshi indege ikagongwa n’ inyoni. Abakora mu bijyanye n’ ingendo z’ indege bavuga ko umuntu cyangwa ikintu cyayigonze kuko inzira indege iba irimo kunyuramo nta kindi kintu kiba cyemerewe kuyinyuramo.

Iyi ndege yari ihagurutse mu Bubiligi igiye muri Espagne ahitwa Las Palmas. Abagenzi 147 bari muri iyi ndege ntabwo babashije kugera aho bari bagiye kuri uyu wa Gatandatu cyokora bijejwe ko ejo ku Cyumweru bazagerayo.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa