Abagore babiri bajyanye mu nkiko umugabo wabasambanyije nta gitsina agira
Yanditswe: Wednesday 25, Jul 2018
Umugabo witwa Carlos Delacruz w’imyaka 35 ukomoka muri Scotland,ari mu mazi abira nyuma y’aho abakobwa babiri bamujyanye mu nkiko bamushinja ko yabasambanyije akoresheje igikoresho batazi cyane ko bavumbuye ko nta gitsina agira.
Uyu mugabo utagira igitsina,yakundanye n’aba bakobwa bombi ndetse abasaba ko bakorana imibonano mpuzabitsina gusa akabihisha agiye gukuramo imyenda,akazimya n’amatara,ntibamenye impamvu yihisha.
Aba bakobwa bombi batunguwe no kumenya ko uyu mugabo nta gitsina agira,bituma bagana inkiko basaba ko zamubaza ikintu yakoresheje abasambanya cyane ko bose bari bazi ko ari igitsina cye.
Delacruz yemereye urukiko rwa Edinburgh ko nta gitsina agira ndetse ko yasmbanyaga aba bakobwa akoresheje igikoresho atatangaje.
Aba bakobwa bombi babwiye polisi ko bakundanye n’uyu mugabo hagati ya 2013 na 2017 ndetse ko babaraga ndetse bakava amaraso menshi mu gihe cyo gutera akabariro kubera ko uyu mugabo yakoreshaga igikoresho kitari igitsina cye.
Aba bakobwa bashinje uyu mugabo kwangiza ibitsina byabo kuko nyuma yo gusambana nawe babaraga cyane ndetse bakavirirana.
Urukiko twabwo ruratangaza igihano uyu mugabo agomba guhabwa gusa icyaha cyo guhohotera aba bagore cyamuhamye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *