skol
fortebet

Abakobwa bato barwanye bapfa umuhungu umwe yica undi

Yanditswe: Saturday 28, May 2022

featured-image

Sponsored Ad

skol

Umunyeshuri w’imyaka 16 wo muri Nkwadum D / A High School mu Karere ka Akontombra, mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Ghana yapfuye nyuma yo guterwa icyuma mu gituza n’umunyeshuri w’imyaka 15 barwanaga.
Nk’uko urubuga rwa myjoyonline.com rubitangaza ngo abangavu 2 barwanye bivugwa ko bapfaga umwana w’umuhungu bakundaga hanyuma umwe muri bo yica undi.
Kiriya kinyamakuru kivuga ko umurambo wa nyakwigendera uzwi ku izina rya Akua Kumah, wajyanwe mu bitaro bya leta bya Sefwi-Wiawso kugira (...)

Sponsored Ad

Umunyeshuri w’imyaka 16 wo muri Nkwadum D / A High School mu Karere ka Akontombra, mu majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Ghana yapfuye nyuma yo guterwa icyuma mu gituza n’umunyeshuri w’imyaka 15 barwanaga.

Nk’uko urubuga rwa myjoyonline.com rubitangaza ngo abangavu 2 barwanye bivugwa ko bapfaga umwana w’umuhungu bakundaga hanyuma umwe muri bo yica undi.

Kiriya kinyamakuru kivuga ko umurambo wa nyakwigendera uzwi ku izina rya Akua Kumah, wajyanwe mu bitaro bya leta bya Sefwi-Wiawso kugira ngo usuzumwe.

Hagati aho, ukekwaho icyaha, Francisca Hayford, bivugwa ko afungiye i Sefwi-Akontombra kugira ngo afashe mu iperereza.

Umudepite wa Nkwadum, Isaac Etsie, yatangaje ko habaye ubwumvikane buke hagati y’aba banyeshuri bombi ubwo bavaga ku ishuri ku wa mbere, bikaviramo urupfu rubabaje umwe muri bo.

Mu magambo ye yabwiye myjoyonline.com yagize ati: "Ku mugoroba wo kuwa mbere, namenyeshejwe ko abanyeshuri babiri barimo batongana, kandi mu gihe cyo kurwana umwana w’imyaka 15 yateye icyuma umwana w’imyaka 16 mu gituza."

Ibitangazamakuru byatangaje ko umuganga ku kigo nderabuzima cya Sefwi Nsawora, Charles Kwabena Amoako, yavuze ko uwatewe icyuma yazanwe yapfuye.

Ibitekerezo

  • Ntakundi, ubwo nyine baribahaze bogatsindwa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa