skol
fortebet

Bibiteye agahinda! Umugore yapfushije abana 5 mu mpanuka y’inkongi y’umuriro ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko [AMAFOTO]

Yanditswe: Tuesday 24, Aug 2021

featured-image

Sponsored Ad

Umubyeyi ufite imyaka 34 y’amavuko ufite abana batanu uzwi ku izina rya Sabrina Dunigan ukomoka mu gihugu cya Ghana yabuze abana be bose uko ari batanu mu mpanuka y’inkongi y’umuriro ku munsi w’isabukuru ye y’amavuko.

Sponsored Ad

Inkuru y’urupfu rw’aba bana ikomeje kuriza abantu benshi bakoresha imbuga nkoranya mbanga, bose basabira uyu mubyeyi ku Mana imbaraga zo kunyura muri ibi bihe bitoroshye ari kunyuramo.

Mu mamakuru dukesha ikinyamakuru Ghana news gitangaza ko , “ ku wa gatanu w’icyumweru cyashize mu masaha y’igitondo,uyu mubyeyi usanzwe urera aba abana 5 wenyine witwa Sabrina, yavuye murugo rwe agiye kuzana inshuti ze mu kirori k’isabukuru ye y’amavuko .Agarutse asanga inzu ye yaka umuriro yarimo abana be bose ukwari 5.”

Amakuru avuga ko umuriro watangiriye mu igorofa rya kabiri ry’inyubako iri mu burasirazuba bwa St Louis hakurya y’ikibuga cy’ishuri ribanza rya Annette Harris.

Umukuru wa Polise wo muri ako gace yatangarije iki kinyamakuru dukesha iyi nkuru ko ubwo bazaga kuzima iyi nkongi basanze abana 4 bamaze kwitaba Imana , umwe wari usigaye ari muzima ajyanwa mubitaro ari naho yaguye. Aba bahitanwe n’inkongi y’umuriro harimo uwitwa Loyal Dunigan w’imyaka 2, Jabari Johnson w’imyaka 4, impanga z’imyaka 7 Nevaeh na Dunigan hamwe n’imfura ye yitwa Deontay Dunigan w’imyaka 9.

Refe:ghananewss.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa